umu amakuru-  Besigye nyuma yo kurwana n’abapolisi babuzaga abashyitsi kumusura iwe ubu afungiye ahantu hatazwi | Umusingi

Besigye  Besigye nyuma yo kurwana n’abapolisi babuzaga abashyitsi kumusura iwe ubu afungiye ahantu hatazwi

Please enter banners and links.

Besigye

 

Uyu munsi ahagana ku gica munsi taliki 31 Ukwakira 2016  abashyitsi barimo Abadepite mu Nteko ishingamategeko ya Uganda bari kumwe na Elias Lukwago basuye Besigye iwe murugo ariko Polisi ibangira kwinjira kwa Besigye.

Besigye amaze kumenya ko abashyitsi be babujijwe kwinjira yaje n’umujinya mwinshi cyane afata ibyuma polisi itega mu muhanda kugirango ntihagire imodoka ihanyura ahita abiterura abijugunya hirya y’umuhanda.

Abapolisi bagerageje bashaka kubisubiza mu muhanda uri mu gipangu kwa Besigye ariko Besigye ababera ibamba kugeza ubwo yabarushije imbaraga imodoka y’abashyitsi irinjira.

Besigye yagiye kubakingurira ngo binjire iwe mu nzu nibwo abapolisi baje ari benshi baramufata agerageza kwirwanaho ababwira ati “aha n’iwanjye ntago ari gereza mufungiramo abantu”.

Byarangiye Besigye arushijwe imbaraga bamujyana mu modoka ya polisi bakunda kumutwariramo bamujyana ahantu hataramenyekana.

Abagore bari baraho bagerageje kurwana n’abapolisi bavuga ngo murajyana he Perezida wacu?umwe yavugaga cyane ngo wa munyarwanda we uranigira iki?ariko nabo batwawe ahantu hataramenyekana.

Ikigaragara ni uko kuri ubu Dr.Kiiza Besigye yari yarakaye cyane ndetse yabwiraga abapolisi ati uyu munsi turarwana .

Hari bamwe bavugaga bati polisi ya Uganda hari aho irengera kuko bakaba bacunga wenda ntasohoke ariko no kumusanga iwe bagatangira kumuhohotera ndetse bakabuza abantu kumusura nkaho hari umucamanza wategetse ko atemerewe gusurwa.

Hari abapolisi bagaragaye bafashe mu ijosi umugore bamuniga ukibaza niba polisi iniga abantu ubwo ni nde wabarengera?.

Ibihugu bya East Africa bimaze gutera imbere mu bwisanzure,mu minsi ya vuba muzumva abo ba polisi bagejejwe mu Nkiko bakurikiranwe kuko ibyo bakoze ni uguhohotera uburenganzira bwa muntu.

Hari abapolisi mu minsi ishize bagaragaye bakubita abafana ba Dr.Kiiza Besigye ariko mu minsi mike nyuma yo gukubita abaturage bagejejwe imbere y’umucamanza ababaza impamvu bakubita abaturage kandi aribo bashinzwe kubarindira umutekano bityo boherezwa muri gereza gufungwa.

Muhungu John Kampala

2,676 total views, 1 views today

About author

Related Articles

Leave a reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

This site uses Akismet to reduce spam. Learn how your comment data is processed.