Impanuka ikomeye yahitanye ubuzima bw’abantu 4 abandi barakomereka
— October 30, 2016
Please enter banners and links.

Kuri iki Cyumweru tariki 30 Ukwakira 2016, impanuka ikomeye y’imodoka yabereye mu murenge wa Rusororo mu karere ka Gasabo mu mujyi wa Kigali, ihitanye ubuzima bw’abantu 4 abandi barakomereka.
Amakuru y’iyi mpanuka yemejwe na CIP Emmanuel Kabanda, umuvugizi w’ishami rya Polisi y’u Rwanda rishinzwe umutekano wo mu muhanda,Mutumwa yatangarije Abanyamakuru yavuze ko iyi mpanuka yabaye ahagana saa tanu za mugitondo cyo kuri iki Cyumweru, abantu 4 bagapfa abandi 4 bagakomereka.
CIP Emmanuel Kabanda avuga ko impanuka yabereye mu mudugudu wa Bisenga, mu kagari ka Bisenga, mu murenge wa Rusororo wo mu karere ka Gasabo, mu mujyi wa Kigali, aho bakunda kwita ku Cyagakwerere.
Imodoka yo mu bwoko bwa Toyota Everest ifite ibirango RAB 447 T yari itwawe na Nzaramba François, yataye umuhanda igonga abanyamaguru 4 bahita bapfa, abandi 2 barakometeka.
Imodoka kandi yari irimo abantu 6, babiri muri bo harimo n’uwari utwaye bakomeretse abandi 4 bavamo ntacyo babaye.
Impamvu yatumye irenga umuhanda ntiramenyekana, iperereza ryatangiye gukorwa.
Umusingi1@gmail.com
2,738 total views, 1 views today

BYAKOMEYE UMUHUNGU WA HABYARIMANA YAHUYE NA TSISHISEKEDI ARASHAKA GUKURAHO KAGAME, KAYUMBA MURI CONGO
Abanzi b’u Rwanda bakomeje ibikorwa byo kurusebya mu Burayi bitwaje imyigaragambyo
AMASO ARARYA INDA IGASONZA KURI NOHELI AMASO YAWE YEREKE IBYIZA,UKWEYE KUREBA ABA BAKOBWA BEZA WASHAKA GUPFA
Amateka y’Umukecuru wabanye n’Umwami Kigeli V akabana na Gen Fred Rwigema na Perezida Kagame ari mu batangije ishuri ry’Umuco
Itohoza :Abanyarwanda baba mu mahanga bakomeje gusebya Leta y’u Rwanda bitwikiriye politiki n’uburenganzira bwa muntu
Uzi ahantu 8 ku mubiri w’umugabo wakora muri mu cyumba ukamuvugisha Igishinwa atarakize?
Uburyo ibiciro by’ingendo mu gihugu hose biteye nyuma yo kuzamurwa na RURA
Shangazi:Umugabo nyamugabo igira igitsinda kireshya gute?
Umugabo wanjye yankuye kuburiri arara arongora mushikiwe
Leave a reply