umu amakuru-  Mugambira nyiri Hotel Eden Golf Rock yaburanye ubujurire bwo kudafungwa by’agateganyo | Umusingi

Golf-Hotel-Eden-Rock  Mugambira nyiri Hotel Eden Golf Rock yaburanye ubujurire bwo kudafungwa by’agateganyo

Please enter banners and links.

Golf-Hotel-Eden-Rock

 

Kuri uyu wa kabiri tariki 23 Kanama 2016, nibwo Mugambira yongeye kugaragara imbere y’Urukiko rwisumbuye rwa Karongi ajurira kudafungwa by’agateganyo, nyuma yo kumva ubujurire bwe urukiko rwemeza ko ruzafata umwanzuro kuwa Kane, nyuma y’iminsi ibiri.

 

Mugambira Aphrodis, nyiri Hotel Eden Golf Rock yajuririye kudafungwa iminsi 30 yari yakatiwe, ariko urukiko ntirwagira umwanzuro ruhita rufata ako kanya.

Bitandukanye n’ibisanzwe, Mugambira yagejejwe mu Rukiko mu mwambaro w’imfungwa,byatangiye abyita ibyoroshye aziko adashobora kumaramo iminsi 2 ariko ubu aho bigeze arabona ko bikomeye ahubwo akeneye ubutabazi.

Abitabiriye urubanza basabwe gusohoka rukaburanishwa mu muhezo, nk’uko byagenze no mu rw’ibanze, gusa abarwitabiriye baza gutungurwa n’uko rurangiye batamenyeshejwe umwanzuro cyangwa ikindi gihe cyo kuwumenyeshwa.

Umwanditsi w’urukiko yavuze ko isomwa ry’umwanzuro kuri uru rubanza ari kuwa kane tariki 25 Kanama 2016 ku isaha ya saa munani.

Ubushinjacyaha bwari bwagaragaje ko mu batangabuhamya harimo abagikora muri iyi hoteli ya Mugambira bikaba byakwica iperereza, rutera utwatsi icyifuzo cy’uko yarekurwa.

Mugambira kandi yari yasabye gutanga umwishingizi n’amafaranga y’ingwate angana na miliyoni 1Frw, ariko ntibyahabwa agaciro kubera imbogamizi zagaragajwe n’ubushinjacyaha.

Gusa abantu nkaba babaherwe mu bihugu bya East Africa batanga amafaranga menshi iyo bafite ubishingira ko batazatoroka ubutabera iyo ari ibyaha bidakomeye ariko Mugambira akaba ashinjwa icyaha gikomeye.

Icyaha akurikiranyweho cyo gushishikariza, koshya cyangwa kuyobya umuntu umushora mu buraya gihanwa n’ingingo ya 206 yo mu gitabo cy’amategeko ahana ibyaha mu Rwanda.

Bivugwa ko yagikoze abwira abakobwa akoresha muri hoteli ye kuryamana n’abakiriya bayigana.

Iyi ngingo iteganya igihano cy’igifungo kuva ku mwaka umwe kugeza ku myaka itatu n’ihazabu y’amafaranga kuri  magana 500Frw kugeza kuri miliyoni 2Frw cyangwa kimwe gusa muri ibyo bihano.

Tariki 12 Kanama 2016, nibwo Urukiko rw’ibanze rwa Bwishyura rwari rwamukatiye gufungwa iminsi 30 y’agateganyo, mu gihe hagikorwa iperereza ryimbitse ku cyaha aregwa.

Indi nkuru nkuko twakomeje kujya tubagezaho ibya Mugambira tuzayibagezaho urikiko umunsi ruzasoma umwanzuro w’urubanza niba ubujurire bwe buzatsinda cyangwa buzatsindwa agakomeza igifungo.

Ubwanditsi

 

3,196 total views, 3 views today

About author

Related Articles

Leave a reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

This site uses Akismet to reduce spam. Learn how your comment data is processed.