umu amakuru-  CNLG iravugwamo abakozi babaringa bahembwe akayabo ka 25.000.000 | Umusingi

vestine-a4c37  CNLG iravugwamo abakozi babaringa bahembwe akayabo ka 25.000.000

Please enter banners and links.

vestine-a4c37

 

Uretse Ntagengerwa Vestine wari umukozi ushinzwe abakozi muri Komisiyo ishinzwe kurwanya Jenoside “CNLG”, afungiye kuri Sitasiyo ya Polisi ya Remera mu mujyi wa Kigali, akurikiranyweho ibyaha bishingiye ku kuba yaragiye ahemba abakozi ba baringa, hakanyerezwa akayabo ka miliyoni mukamyabiri n’eshanu z’amafaranga y’u Rwanda (25.000.000). Iby’iki kibazo ariko kugeza ubu birimo urujijo ku buryo hashobora gufatwa benshi.

Abo yahembye batahakora nabo bagomba kumenyekana ,ese ntiwasanga hari ababiri inyuma?

Umuvugizi wa Polisi y’u Rwanda mu mujyi wa Kigali, Sup Emmanuel Hitayezu, yatangarije ibitangazamakuru bitandukanye ko mu mwaka wa 2012 ari bwo Ntagengerwa Vestine yatangiye kujya akora impapuro mpimbano zigaragaza umubare w’abakozi ba CNLG urenga umubare nyakuri, hakaba hamaze gutahurwa asaga 25.000.000 yahembwe abakozi batabaho muri iyi komisiyo, gusa hakaba hagicukumburwa n’ibindi. Uyu mukozi ajya gutabwa muri yombi, ni ubuyobozi bwa CNLG bwari bwabimenyesheje Polisi y’u Rwanda, nyuma yo kuvumbura ko haba hari amanyanga yakozwe mu ikorwa ry’imishahara.

Igikomeje kuba urujijo ariko, ni uburyo umukozi ushinzwe abakozi yaba amaze imyaka ine ahemba abakozi ba baringa, agakora urutonde rw’abakozi badahari n’ubuyobozi bw’ikigo butabazi, hanyuma rugaca ku mukozi ushinzwe imari akarwemeza, rugakomeza kugeza no ku muyobozi mukuru wa CNLG wagiye asinyira ibintu bifutamye mu gihe cy’imyaka ine yose, ariko aba bakaba nta cyaha bakoze dore ko ubu nta wundi muri aba urimo gukurikiranwa.

vestine-a4c37

Ntagengerwa Vestine wari umukozi ushinzwe abakozi muri Komisiyo ishinzwe kurwanya Jenoside “CNLG

Ku bijyanye n’uru rujijo, Dr Jean Damascene Bizimana, Umunyamabanga Nshingwabikorwa wa CNLG, ngo tumubaze uburyo yaba yaramaze imyaka ine asinyira buri kwezi ibintu bipfuye n’ushinzwe imari muri iki kigo ayobora nawe akabishyiraho umukono hari abakozi ba baringa ku rutonde, gusa ntiyashatse kubidutangariza kuko yadusubije ko amakuru ajyanye n’iki kibazo yose bayatanze, akaba yumva nta yandi asigaranye.

Ariko amakuru nkaya uwariwe wese ushatse kumubaza yakabaye amubwira ku buryo amubaza ati amakuru nguhaye uranyuzwe?naho iyo utangiye kwanga gutanga amakuru nkaya uko bikwiye ,umuntu ashobora kugenda akeka byinshi impamvu utamuha amakuru yose ashaka.

Sup Emmanuel Hitayezu yabajijwe  impamvu nta bandi bakurikiranywe kandi byumvikana ko nabo bagiye basinyira ibintu birimo amakosa, avuga ko Polisi yakoze iperereza ry’ibanze ikaba yaramaze gushyikiriza dosiye Ubushinjacyaha, nabwo bukaba bushobora gukomeza gukora iperereza hakaba hagaragara n’amakuru mashya, kandi iperereza rikaba rinakomeza kugera mu rukiko.

 

 

 

2,812 total views, 1 views today

About author

Related Articles

Leave a reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

This site uses Akismet to reduce spam. Learn how your comment data is processed.