CNLG iravugwamo abakozi babaringa bahembwe akayabo ka 25.000.000
— August 23, 2016
Please enter banners and links.

Uretse Ntagengerwa Vestine wari umukozi ushinzwe abakozi muri Komisiyo ishinzwe kurwanya Jenoside “CNLG”, afungiye kuri Sitasiyo ya Polisi ya Remera mu mujyi wa Kigali, akurikiranyweho ibyaha bishingiye ku kuba yaragiye ahemba abakozi ba baringa, hakanyerezwa akayabo ka miliyoni mukamyabiri n’eshanu z’amafaranga y’u Rwanda (25.000.000). Iby’iki kibazo ariko kugeza ubu birimo urujijo ku buryo hashobora gufatwa benshi.
Abo yahembye batahakora nabo bagomba kumenyekana ,ese ntiwasanga hari ababiri inyuma?
Umuvugizi wa Polisi y’u Rwanda mu mujyi wa Kigali, Sup Emmanuel Hitayezu, yatangarije ibitangazamakuru bitandukanye ko mu mwaka wa 2012 ari bwo Ntagengerwa Vestine yatangiye kujya akora impapuro mpimbano zigaragaza umubare w’abakozi ba CNLG urenga umubare nyakuri, hakaba hamaze gutahurwa asaga 25.000.000 yahembwe abakozi batabaho muri iyi komisiyo, gusa hakaba hagicukumburwa n’ibindi. Uyu mukozi ajya gutabwa muri yombi, ni ubuyobozi bwa CNLG bwari bwabimenyesheje Polisi y’u Rwanda, nyuma yo kuvumbura ko haba hari amanyanga yakozwe mu ikorwa ry’imishahara.
Igikomeje kuba urujijo ariko, ni uburyo umukozi ushinzwe abakozi yaba amaze imyaka ine ahemba abakozi ba baringa, agakora urutonde rw’abakozi badahari n’ubuyobozi bw’ikigo butabazi, hanyuma rugaca ku mukozi ushinzwe imari akarwemeza, rugakomeza kugeza no ku muyobozi mukuru wa CNLG wagiye asinyira ibintu bifutamye mu gihe cy’imyaka ine yose, ariko aba bakaba nta cyaha bakoze dore ko ubu nta wundi muri aba urimo gukurikiranwa.

Ntagengerwa Vestine wari umukozi ushinzwe abakozi muri Komisiyo ishinzwe kurwanya Jenoside “CNLG
Ku bijyanye n’uru rujijo, Dr Jean Damascene Bizimana, Umunyamabanga Nshingwabikorwa wa CNLG, ngo tumubaze uburyo yaba yaramaze imyaka ine asinyira buri kwezi ibintu bipfuye n’ushinzwe imari muri iki kigo ayobora nawe akabishyiraho umukono hari abakozi ba baringa ku rutonde, gusa ntiyashatse kubidutangariza kuko yadusubije ko amakuru ajyanye n’iki kibazo yose bayatanze, akaba yumva nta yandi asigaranye.
Ariko amakuru nkaya uwariwe wese ushatse kumubaza yakabaye amubwira ku buryo amubaza ati amakuru nguhaye uranyuzwe?naho iyo utangiye kwanga gutanga amakuru nkaya uko bikwiye ,umuntu ashobora kugenda akeka byinshi impamvu utamuha amakuru yose ashaka.
Sup Emmanuel Hitayezu yabajijwe impamvu nta bandi bakurikiranywe kandi byumvikana ko nabo bagiye basinyira ibintu birimo amakosa, avuga ko Polisi yakoze iperereza ry’ibanze ikaba yaramaze gushyikiriza dosiye Ubushinjacyaha, nabwo bukaba bushobora gukomeza gukora iperereza hakaba hagaragara n’amakuru mashya, kandi iperereza rikaba rinakomeza kugera mu rukiko.
2,812 total views, 1 views today

BYAKOMEYE UMUHUNGU WA HABYARIMANA YAHUYE NA TSISHISEKEDI ARASHAKA GUKURAHO KAGAME, KAYUMBA MURI CONGO
Abanzi b’u Rwanda bakomeje ibikorwa byo kurusebya mu Burayi bitwaje imyigaragambyo
AMASO ARARYA INDA IGASONZA KURI NOHELI AMASO YAWE YEREKE IBYIZA,UKWEYE KUREBA ABA BAKOBWA BEZA WASHAKA GUPFA
Amateka y’Umukecuru wabanye n’Umwami Kigeli V akabana na Gen Fred Rwigema na Perezida Kagame ari mu batangije ishuri ry’Umuco
Itohoza :Abanyarwanda baba mu mahanga bakomeje gusebya Leta y’u Rwanda bitwikiriye politiki n’uburenganzira bwa muntu
Uzi ahantu 8 ku mubiri w’umugabo wakora muri mu cyumba ukamuvugisha Igishinwa atarakize?
Shangazi:Umugabo nyamugabo igira igitsinda kireshya gute?
Umugabo wanjye yankuye kuburiri arara arongora mushikiwe
Uburyo ibiciro by’ingendo mu gihugu hose biteye nyuma yo kuzamurwa na RURA
Leave a reply