umu amakuru-  Umugore wibye uruhinja akarurera nk’umwana we yakatiwe imyaka 10 | Umusingi

Umugore  Umugore wibye uruhinja akarurera nk’umwana we yakatiwe imyaka 10

Please enter banners and links.

Umugore

 

Urukiko rwo muri Afurika y’epfo rwakatiye umugore wibye uruhinja rukivuka maze amara imyaka 20 arurera nk’umukobwa we, gufungwa imyaka 10.

Uwo mugore ufite imyaka 51, yemeye ibyaha by’uburiganya no gushimuta uruhinja.

Urwo ruhinja, Zephany Nurse, rwakuwe aho rwari ruryamye ku gitanda iruhande rwa nyina mu ivuriro rya Cape Town.

Mu mwaka wa 2015, nibwo batangiye gukeka ko Zephany Nurse afitanye isano n’umukobwa w’inshuti ye basaga cyane biganaga mu ishuri rimwe.

Ibipimo byo kwa muganga bigaragaza isano hagati y’abantu-DNA- byagaragaje ko abo bakobwa ari abavandimwe.

Umucamanza, yabwiye uwo mugore ko yabeshye urukiko kandi atagaragaje ko yicuza maze rumukatira gufungwa imyaka 10 yose.

Muhungu John

 

2,924 total views, 1 views today

About author

Related Articles

Leave a reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

This site uses Akismet to reduce spam. Learn how your comment data is processed.