Uganda :Abanyarwanda batangij e ishuri ryigisha Umuco Nyarwanda Indashyikirwa International School
— December 15, 2025
Please enter banners and links.

Inkuru nziza ku Banyarwanda bose cyane cyane ababa mu mahanga aho wasangaga abana babo batazi ururimi n’umuco Nyarwanda bityo mu gihugu cya Uganda hakaba hatangijwe ishuri ryitwa Indashyikirwa International School ryigisha umuco Nyarwanda .
Shingiro Umuyobozi mukuru w’iryo shuri aganira na Umusingi TV n’Ikinyamakuru Umusingi yavuze ko hari abana benshi mu bihugu bitandukanye ku isi b’Abanyarwanda ariko batazi Ikinyarwanda ndetse n’Umuco Nyarwanda batawuzi.
Shingiro yagize ati “Umuco n’ikintu gikomeye kandi dukomeje kurebera gusa abana benshi bagakura batazi ururimi batazi Umuco wabo twazikanga umuco utakaye ariko twatangije iri shuri kugirango rifashe abantu bose bashaka kwiga ibijyanye n’Umuco Nyarwanda “.

Umuyobozi mukuru wa Indashyikirwa Bwana Shingiro mu kiganiro yagiranye na Umusingi TV

Bamwe mu barimu bigisha ku ishuri Indashyikirwa International School


Yakomeje avuga ko ishuri rifite abarimu beza kandi rifite ibikoresho byose ku buryo abanyeshuri bigishwa neza.Yongeyeho ko ishuri rifite imodoka zizana abanyeshuri aho yaba ari hose muri Kampala zikanabasubizayo kandi abanyeshuri bahabwa ifunguro ku ishuri.
Nanone avuga ko ibiciro biri hasi cyane kuko icyo bagamije ni ugufasha abanyarwanda gusigasira umuco wabo kuko igihugu gitakaje umuco kiba kirangiye.Mu byo abanyeshuri bigishwa harimo ururimi ,guhamiriza ,imivugo,guca imigani ,gusakuza n’ibindi byinshi.
Ngwizimana Faida n’umwe mu barium bigisha kubyina amaraba na Birekeraho nawe akigisha guhamiriza ariko bakaba bigisha guhamiriza gakonda bitari iby’iki gihe nkuko muri bukurikire ikiganiro cyose muri video tugiye kubashyirira hano mwese mushishikarijwe kuyireba ndetse muyisangize inshuti n’abandimwe kugirango buri wese ufite umwana ushaka kwiga amenye ko hari ishuri ryigisha Umuco Nyarwanda.
Gatera Stanley
507 total views, 3 views today

Umunyamakuru akaba n’umuhanzi YAGO wahungiye muri Uganda yasabye imbabazi umuvugizi wa RIB
Umukozi wa ABASIRWA INNOC Bahati afatanije na Visi Perezida Muhizi barashaka kwiba Ishyirahamwe, Ibikoresho byo byamaze kwibwa(RIB) Nitabare
TURASHAKA KO ABATERA NKUNGA NA LETA BAMENYA AMANYANGA YA INNOC BAHATI WIBYE IMITUNGO YA ABASIRWA
UMURIRO UGIYE KWAKA, FRANK GASHUMBA ATEGETSWE KUTONGERA KWITA UMWANA WE RWABUGIRI
KARABAYE NONEHO MUSEVENI AZANYE AMAJWI Y’ABAPFUMU KADAGA YARAGIYE KUMUROGA NA GEN SALEH NA MUHOOZI(Vedio)
Uzi ahantu 8 ku mubiri w’umugabo wakora muri mu cyumba ukamuvugisha Igishinwa atarakize?
Kuki Umuhungu wa Gen Fred Rwigema atatashye ubukwe bwa mushiki we Teta?
Umugabo wanjye yankuye kuburiri arara arongora mushikiwe
Leave a reply