umu amakuru- Umufana magara wa The Ben yifuza kuva mu buzima bw’Isi bahuye akamukora mu ntoki | Umusingi

Umufana magara wa The Ben yifuza kuva mu buzima bw’Isi bahuye akamukora mu ntoki

Please enter banners and links.

Abazungu bakunda gukora ibishoboka bakagera ku nzozi zabo cyangwa bagafasha ushaka kugera ku nzozi ze kuzegera ni nde uzafasha Mukanoheli Beatha kugera ku nzozi ze?.

Uwo ari we wese yamufasha kugera ku nzozi ze akaba yageza iyi nkuru kuri The Ben nawe akumva ko iyo umuntu ageze ku nzozi ze bimushimisha cyane kandi The Ben akwiye kubyishimira kuba hari abafana be bamukunda kugeza ku rwego bumva ahuye nabo byabashimisha cyane kugera ubwo umwe yumva bahuye akamukora mu ntoki agahita yitaba Imana.

Mukanoheli Beatha kuri uyu wa gatanu taliki 25 Werurwe 2022 yatangarije Ikinyamakuru Umusingi ko yifuza icyamuhuza n’umuhanzi The Ben akunda bihebuje ati “Mu mfashe The Ben amenye ko ndi umufana we kuva cyera kandi mukunda cyane nkaba nifuza kuzahura nawe nka mukora mu ntoki wenda ngahita nitaba Imana”.

Mukanoheli yakomeje avuga ko hari byinshi byatumye akunda umuhanzi The Ben birimo indirimbo ze ndetse n’umutima w’ubumuntu agira no kwicisha ubugufi hakiyongeraho ko yarambagije umukobwa w’Umunyarwandakazi  w’umuco witonda kandi wicisha bugufi ariwe Pamela.

Mukanoheli Beatha

The Ben

The Ben na Pamela bakundana

Yongeyeho ko n’abana be baziko akunda The Ben byahebuje ndetse yababwiye ko hatazagira usiba amafoto ya The Ben muri Telephopne ye kuko buri foto ya The Ben abonye ayibika muri phone ye nk’umuhanzi akunda cyane.

Yasoje avuga ko niba koko Imana yemera ko ibitangaza biba izahe umugisha ikifuzo cye abonane na The Ben kandi asaba uwabishobora wese kubimufashamo kuko nicyo kintu yifuza mu buzima bwe akiri kuri iyi isi.

Itangazamakuru nicyo reberaho kuvugira rubanda no kubafasha bakamenya amakuru no kuyasakaza akagera kuri benshi bityo tukaba twamufashije uko dushoboye n’abandi bashyireho akabo kugerango iyi nkuru igere kuri The Ben kandi nawe afashe uyu mubyeyi kugera ku kifuzo cye.

Noella

3,793 total views, 3 views today

About author

Related Articles

Leave a reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

This site uses Akismet to reduce spam. Learn how your comment data is processed.