umu amakuru- Umuhanzi Sheebah yaguze ubwato bwo kuriramo ubuzima Miliyoni 700(Amafoto) | Umusingi

Umuhanzi Sheebah yaguze ubwato bwo kuriramo ubuzima Miliyoni 700(Amafoto)

Please enter banners and links.

Umuhanzikazi wo mu gihugu cya Uganda witwa Sheebah Karungi Karma yaguze ubwato abakire bagura bwo kurya ubuzima aho bivugwa ko ubwo bwato yabuguze Miliyoni 700 z’Amashilingi.

Uyu muhanzi akaba yanditse ku rukuta rwe rwa Facebook mu cyongereza “The Kind Of Life You Want To Live Should Be Your Biggest Motivation!!!! Welcome to QUEEN KARMA CRUISE Follow @redeventsug for more information about the bookings !!Can’t wait to host you”.

Sheebah akaba agiye mu bahanzi babaherwe muri Uganda nyuma ya Bobi Wine nawe ufite amato menshi na Beach ndetse n’undi witwa Ssematimba n’abandi bacye nkuko hageteganywa gukorwa urutonde rw’abahanzi babaherwe muri icyo gihugu.

Amakuru avuga ko Sheebah yagombaga gutaha ubwato (Yatch)bwe kumugaragaro mu cyumweru gishize ariko kubera impamvu zitazwi iyo gahunda ikaba itarashobotse ariko nanone amakuru avuga ko mu cyumweru gitaha aribwo ateganya ibirori byo kubutaha kumugararo bizitabirwa n’abantu azatumira gusa b’inshuti ze ndetse n’abanyamakuru bacye.

Mu minsi yashize uyu muhanzikazi Sheebah yatangaje ko agiye gutangira kujya ategura ibirori bitandukanye ubukwe ,Ibirori by’amavuko (Birthday partis)Gutwikurura ndetse n’abazaba bashaka kujya kuganira ibiganiro by’urukundo ko bazajya bamuhamagara cyangwa bakajya ku biro bye biherereye ahitwa Bunga.

Uyu mukobwa Sheebah akaba amaze kugera mu myaka irenga 30 ariko akomeje guteza urujijo kubera kudashaka umugabo n’abantu benshi bakunze kumubaza impamvu adashaka umugabo akavuga ko igihe kitaragera.

Uyu n’umukobwa uvuga ko yanyuze mu buzima bw’ubukene agize Imana abona inzira ibumukuramo ayifatisha yombi ku buryo ubu yishimira ubuzima abayemo dore ko aherutse no gutaha inzu ye nziza ya etaje.

Ese mu Rwanda naho hari abahanzi bashobora kugera ku bikorwa nk’ibye?ko abahanzi benshi iyo bamaze gufatisha birukanyira kujya muri Amerika n’Iburayi?abo abantu bakekaga ko bashobora kugera ku rwego nk’urwa Sheebah ni Charly na Nina ariko nabo bakaba baratandukanye.

2,236 total views, 1 views today

About author

Related Articles

Leave a reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

This site uses Akismet to reduce spam. Learn how your comment data is processed.