Miss Iradukunda Elsa umukobwa ukwiye kwandikwa mu mateka y’urukundo
— September 14, 2023
Please enter banners and links.

Muri iki kinyejana abantu benshi bemeza ko urukundo rwashize ariko umukobwa nako ubu umugore wa Prince Kid uzwi nka Miss Iradukunda Elsa we yagaragarije isi yose ko urukundo rugihari ko hari abakirufite.
Mu minsi mike ishize Miss Iradukunda Elsa yakoranye ubukwe n’umugabo we Prince Kid ibintu byatangaje abantu benshi uburyo uyu mukobwa yakunze umusore byagahebuzo.
Uyu mukobwa bakimara gufunga Prince Kid nibwo abantu bamenye ko bakundanaga ubundi byari bizwi n’abantu bacye ariko Miss Elsa yaremeye amwirukaho biba ngombwa ko nawe afungwa aremera arafungwa azira umusore akunda.
Bitewe n’ibyo umusore yshinjwaga birimo gusambanya umukobwa akoresheje ibiyobyabwenge ,iyo aba undi mukobwa bamwe b’iki gihe aba yarumvise ko yamuciye inyuma bigahita birangirira aho ariko kubera we aziko iyo wakunze umuntu umukunda mu byiza no mu bibi kandi aziko nta muntu utagira amakosa.
Ikindi abantu bakibaza n’uburyo Prince Kid ashinjwa ibyaha bikomeye ku buryo bimuhamye ashobora gukatirwa imyaka myinshi bityo akaba yasiga Miss Elsa wenyine ,ibyo byose Miss Elsa akaba yarabyirengagije aremera barasezerana nk’umugore n’umugabo.



Umwe mu baganiriye n’Ikinyamakuru Umusingi utarashatse ko amazina ye atangazwa yagize ati “Uriya mukobwa akwiye kwandikwa mu mateka y’urukundo kuko ntago asanzwe ntabwo ari babakobwa tumenyereye kubona akubonaho agakosa gato akaba aragendeye .
Reba ukuntu yemeye agafungwa kubera umusore kandi umusore ashinjwa ibyaha bikomeye ibyo byose arabyirengagiza akomeza kumwirukaho yemera ko babana twe twabonye ko ari umukobwa udasanzwe”.



Miss Mutesi Jolly amaze kumwambika ikamba amusoma ku itama

Hano n’umunsi yambikwa ikamba rya Nyampinga


Hano yari yambaye amapingu aje kuburana ku rukiko
Uyu muntu yakomeje avuga ati Miss Elsa n’umukobwa udasanzwe iyo aza kuba ari undi bitewe n’uko dosiye ya Prince Kid Perezida Kagame yayivuzeho ndetse na Jeanette Kagame akayivugaho byari kumutera ubwo umusore akamureka ariko ikikwereka umukobwa ufite urukundo nyarwo yaremeye amwirukaho kugeza umusore afunguwe byagateganyo bahita bakora ubukwe bwiza cyane.
Abantu batandukanye bakurikiye amakuru ye yo gufungwa no kwiruka kuri Prince Kid bumvise ko bagiye kurushinga bati Imana izamuhe urugo rwiza bazabyare hungu na kobwa ,Abandi bati Prince Kid agira amahirwe Imana yamuhaye Umugore mwiza kandi udasanzwe.
Sandra
3,477 total views, 1 views today

Misiyo rukokoma yo kwica Perezida Museveni no kuroga abayobozi bakomeye muri Leta (Vidiyo)
INKUBIRI Y’IMYIGARAGAMBYO Y’ABATAVUGARUMWE NA LETA Y’URWANDA IKOMEJE GUFATA INDI NTERA
Kuki Perezida Kahame akivuga kuri Gen Kayumba Nyamwasa nyuma y’imyaka 16 yarahunze Igihugu?(Reba Video)
Umunyamakuru akaba n’umuhanzi YAGO wahungiye muri Uganda yasabye imbabazi umuvugizi wa RIB
Umukozi wa ABASIRWA INNOC Bahati afatanije na Visi Perezida Muhizi barashaka kwiba Ishyirahamwe, Ibikoresho byo byamaze kwibwa(RIB) Nitabare
Uzi ahantu 8 ku mubiri w’umugabo wakora muri mu cyumba ukamuvugisha Igishinwa atarakize?
Umugabo wanjye yankuye kuburiri arara arongora mushikiwe
Shangazi:Umugabo nyamugabo igira igitsinda kireshya gute?
Leave a reply