Intambara hagati ya Gen.Muhoozi umuhungu wa Perezida Museveni na Bobi Wine ku izina rya Musinguzi n’uburyo yarongoye umugore w’Umunyankore
— January 3, 2021
Please enter banners and links.

Umuhungu wa Perezida Museveni Gen.Muhoozi Kainerugaba akaba aherutse guhabwa inshingano zo kuyobora abasirikare barinda se Perezida Museveni abasirikare bazwi ku izina rya Special Forces Command (SFC) aho yakoresheje urubuga rwe rwa twitter anenga Bobi Wine kuvuga ko Abanyankore bamuhaye umugore.
Gen Muhoozi yakomeje avuga ko we nk’Umunyankore atigeze abazwa ku cyemezo cyo guha Bobi Wine umugore w’Umunyankore ko Bobi Wine adakwiye kwitwaza ko Abanyankore bamuhaye umugore kandi we ari umugande bityo ko ubwo ari umuhungu wabo ariko ibi byose bikaba byavugwaga binyuze kuri twitter.
Byatangiye ubwo Gen.Muhoozi yanengaga Bobi Wine imyitwarire ye ariko Bobi Wine nawe aramusubiza ati Abanyankore bamukoreye byinshi byiza harimo kumuha izina rya Musinguzi no kumuha umugore we witwa Barbie Itungo.



Gen.Muhoozi yamubwiraga ko akwiye kubaha ubwoko bwamuhaye umugore akarekeraho no kwandagaza ababyeyi bamubyariye umugore we kuko Bobi Wine avuga ko ubutegetsi bwa Uganda butegetswe n’umunyagitugu Perezida Museveni.
Gen.Muhoozi yakomeje abwira Bobi Wine ko imikino akina ari iya politike ya gito aribyo bituma asuzugura inzego z’umutekano zirimo abagore n’abagabo aribyo kugawa ndetse biteye isoni.

Cyera Bobi Wine ngo yari inshuti ya Gen.Muhoozi Kainerugaba umuhungu wa Perezida Museveni ariko ubu baba baterana amagamba kubera Bobi Wine ashaka gusimbura Museveni ku butegetsi .
3,520 total views, 1 views today

BYAKOMEYE UMUHUNGU WA HABYARIMANA YAHUYE NA TSISHISEKEDI ARASHAKA GUKURAHO KAGAME, KAYUMBA MURI CONGO
Abanzi b’u Rwanda bakomeje ibikorwa byo kurusebya mu Burayi bitwaje imyigaragambyo
AMASO ARARYA INDA IGASONZA KURI NOHELI AMASO YAWE YEREKE IBYIZA,UKWEYE KUREBA ABA BAKOBWA BEZA WASHAKA GUPFA
Amateka y’Umukecuru wabanye n’Umwami Kigeli V akabana na Gen Fred Rwigema na Perezida Kagame ari mu batangije ishuri ry’Umuco
Itohoza :Abanyarwanda baba mu mahanga bakomeje gusebya Leta y’u Rwanda bitwikiriye politiki n’uburenganzira bwa muntu
Uzi ahantu 8 ku mubiri w’umugabo wakora muri mu cyumba ukamuvugisha Igishinwa atarakize?
Uburyo ibiciro by’ingendo mu gihugu hose biteye nyuma yo kuzamurwa na RURA
Shangazi:Umugabo nyamugabo igira igitsinda kireshya gute?
Umugabo wanjye yankuye kuburiri arara arongora mushikiwe
Leave a reply