umu amakuru- Gitifu wa Rukara yatanze imitungo y’umugabo watandukanye n’umugore itaburanywe none bamureze mu rukiko barashaka kumuha isomo. | Umusingi

Gitifu wa Rukara yatanze imitungo y’umugabo watandukanye n’umugore itaburanywe none bamureze mu rukiko barashaka kumuha isomo.

Please enter banners and links.

Hashize iminsi Ikinyamakuru Umusingi gikurikirana ibibazo by’abaturage mu Karere ka Kayonza Umurenge wa Rukara aho twabagejejeho umusore urara mu gihuru ndetse tubagezaho abaturage bafitanye amakimbirane bifuza uwabunga agashira ,ubu tugiye kubagezaho uburyo umuturage witwa Matabaro Emmanuel yareze mu rukiko Umunyamabanga Nshingwabikorwa w’Umurenge wa Rukara Nkunzurwanda John.

Mu by’ukuri abaturage kugeza aho bitabaza itangazamakuru baba bababaye cyane bamwe barakorewe akarengane bityo itangazamakuru rikabakorera ubuvugizi kuko hari inzego ziba zishinzwe gukemura ibibazo by’abaturage iyo bigaragaye zibyinjiramo zikabikemura.

Ikinyamakuru Umusingi n’icyo cyonyine mu Rwanda kigerageza kuvugira abaturage akarengane bakorerwa ariyo mpamvu usanga akenshi abaturage bahamagara abanyamakuru bagikorera kugirango kibakorere ubuvugizi n’ubwo bamwe mu bayobozi badakunda kwandikwaho ariko ku rundi ruhande n’ibyiza bituma akora ibintu uko bikwiye kuko aba aziko abaturage bazatanga amakuru naramuka akoze ibidakwiye.

Matabaro Emmanuel yatangarije Ikinyamakuru Umusingi ko yareze Umunyamabanga Nshingwabikorwa w’Umurenge wa Rukara witwa Nkunzurwanda John aho amushinja kumukorera akarengane agafata imitungo y’abanagamo n’umugore batandukanye akayiha uwo mugore witwa Mutoni Claudine kandi imitungo ifite banyirayo.

Matabaro Emmanuel aganira n’umunyamakuru wacu avuga uburyo gitifu yamurenganije

Bimwe mu byangombwa byerekana ikirego bareze Gitifu Nkunzurwanda John

Inzu yahawe Mutoni Claudine bashinja kuba ihabara ya Gitifu ndetse ko ariyo mpamvu yatanze imitungo itaraburanywe mu Nkiko ndetse ariyo mpamvu yarezwe mu rukiko

Matabaro Emmanuel yagize ati “Gitifu Nkunzurwanda John yaraje asohora umukecuru wabaga mu nzu ifite ibyangombwa byanditse ku bandi bantu ayiha umugore twatandukanye kandi iyo mitungo atari iyanjye ndetse tutarayiburanye kuko Gitifu ntaburenganzira afite butanga imitungo irimo amakimbirane itaraburanywe mu rukiko bityo ikaba ariyo mpamvu twamureze mu rukiko kandi turashaka kumuha isomo akamenya amategeko kandi akajya yubaha abaturage n’imitungo yabo”.

Matabaro Emmanuel avuga ko Nkunzurwanda yaje Mutoni Claudine amwereka imitungo maze akoresha tombora Matabaro yanga gutombora maze Gitifu aramuhagararira umugore agatombora na Gitifu agatombora kandi atabiherewe uburenganzira ahubwo yarihaye uburenganzira kuko ari umuyobozi kandi ubundi guhagararira umuntu ku mitungo ubiherwa uburenganzira na nyiri ubwite kandi bikemezwa n’urukiko.

Ikinyamakuru Umusingi cyashatse kumenya icyo Umunyamabanga Nshingwabikorwa w’Umurenge wa Rukara Nkunzurwanda John ariko ntiyagira icyo abivugaho.

Ikinyamakuru Umusingi cyashatse kubaza Mutoni Claudine watandukanye na Matabaro ariko bakaba bari batarasezeranye ariko kubera ko babyaranye ndetse n’imwe mu mitungo Mutoni avuga ko bayishakanye bagombaga no kuyigabana kuko bafitanye abana babiri b’abahungu.

Mutoni Claudine yagize ati “Imitungo twarayiburanye mu bunzi hanyuma Matabaro avuga ko atishimiye umwanzuro arajurira turaburana mu Bunzu b’Umurenge basanga uko Abunzi ba mbere baruciye ntakibazo ndetse nateje kasha mpuruza n’ubu mfite iyo myanzuro iteye kasha mpuruza naho ibyo kurega umuyobozi n’uburenganzira bwe azabitaba baburane ariko imitungo n’iyacu ni uko gusa abatwaguranaga nabo twari tutarakora mitasiyo”.

Matabaro avuga ko bazega Mutoni Claudine inyandiko mpimbano z’imyanzuro y’urubanza avuge aho yayikuye kuko bafite ukuntu bayihimbye bamutereraho kashe mpuruza.  Urubanza Nkunzurwanda John yarezwe azaburana talike 11/12/2020 aho abaturage mu Kagali ka Kawangire aho iyo mitungo iri biteguye kujya kumva uburyo Gitifu azaburana n’umuturage .

Iyi nkuru tuzakomeza kubagezaho uko imanza zizagenda ziburanwa.

Gatera Stanley

3,054 total views, 1 views today

About author

Related Articles

Leave a reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

This site uses Akismet to reduce spam. Learn how your comment data is processed.