umu amakuru-  APR FC yatwaye igikombe nyuma yo gutsindwa na AS Kigali | Umusingi

aper  APR FC yatwaye igikombe nyuma yo gutsindwa na AS Kigali

Please enter banners and links.

aper

 

Uyu munsi Kuwa 17 Nyakanga 2016 ikipe ya APR FC yatwaye  igikombe cya Shampiona ya 2015/2016, aho mu mukino wa nyuma wa Shampiona yatsinzwe na As Kigali ibitego 2-1

N’ubwo ikipe ya APR Fc yari yaramaze kwizera igikombe cya Shampiona nyuma y’aho Rayon Sports yari yatsinzwe na Muhanga, iyi kipe yamaze gushyikirizwa igikombe cy’uyu mwaka nyuma yo kurangiza imikino yose ifite amanota 67, mu gihe Rayon Sports iyikurikiye ku mwanya wa kabiri yo ifite amanota 61.

appr3

appr

Muri uyu mukino wahuje APR Fc na AS Kigali, ikipe ya As Kigali niyo yabanje igitego cyatsinzwe na Onesme mu gice cya mbere, Sugira Ernest wahoze akinira APR Fc aza gutsinda icya kabiri mu gice cya kabiri, mu gihe Emery Bayisenge yaje gutsinda igitego cy’impozamarira ku munota wa nyuma w’inyongera.

Iki gikombe APR Fc itwaye, kibaye igikombe cya 16 cya Shampiyona itwaye, kikazayifasha guhagararira u Rwanda mu mikino ihuza amakipe yabaye aya mbere iwayo ku mugabane w’Afurika.

aapr

apr

Bamwe mu bafana ba APR FC bakaba bari bazi ko umutoza wa AS Kigali Eric Nshimiyimana ari bwemere atsindwe kubera ko atahemukira ikipe yakuriyemo ndetse yakiniye akayihesha ibikombe byinshi ,atahemukira ikipe ya APR FC ku mukino wanyuma ariko yaberetse ko nta mikino irushanwa aba ari irushanwa nta byamarangamutima.

Indi mikino y’umunsi wa nyuma wa Shampiona uko yarangiye

Musanze 2-0 Rayon Sports
Mukura 4-0 Bugesera
APR FC 1-2 AS Kigali
Amagaju 0-0 Sunrise
Kiyovu 2-2 Muhanga

Ikipe ya Musanze ikaba yarokotse kumanuka mu kiciro cya kabiri nyuma yo kwandagaza ikipe ya Rayon Sports ikayitsinda ibitego 2 byose kubusa.

Gatera Stanley

 

2,651 total views, 3 views today

About author

Related Articles

Leave a reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

This site uses Akismet to reduce spam. Learn how your comment data is processed.