Breaking News :RGB yirukanye abayobozi ba ADEPR bose kubera ibibazo biyirimo.
— October 2, 2020
Please enter banners and links.

Ubwo twarimo twandika ibijyanye n’amakimbirane no guhangana bivugwa mu bayobozi bwa ADEPR twahise tubona itangazo kuri twitter ya RBA aho rivuga ko ikigo gishinzwe imiyoborere mu Rwanda RGB cyafashe icyemezo cyo gukuraho inzego za ADEPR kubera ibibazo byinshi birimo.
Ikinyamakuru Umusingi kikaba kibakurikiranira hafi amakuru ku buryo kizabagezaho abandi bagiye gusimbura ubuyobozi bwari buriho ndetse no kumenya ibyaha bashinjanyaga niba hari abo bazakurikirana mubutabera kuko audite ibashinja kwigwizaho imitungo y’Itorero ndetse no gusesagura imitungo nk’ikibanza cyaguzwe ku Gisozi ndetse na Karasha imaze umwaka urenga ikora ariko nta faranga na rimwe irinjiza mu isanduku ya ADEPR ndetse iyo mashine ikaba igomba kwishyura Miliyoni 9 ku kwezi.
Amakuru avuga ko ari agakino bakinnye n’uvugwa ko yayikodesheje witwa Shingiro kugirango ajye avuga ko yapfuye kandi ikora.
Abayobozi basimbura aba bavuyeho bakaba bafite akazi katoroshye ko gukurikirana ibyo bagiye bakora nabi ndetse byuzuyemo amanyanga menshi kuko bavuze ko bareze mu Nkiko uwitwa Shingiro kubera ko yanze kubishyura ariko bakaba batakwerekana ikirego bamureze.
Hari bamwe batangiye kwandika ku mbuga nkoranyamabaga bifuza ko Tom Rwagasana n’abandi bakoranye nawe bakongera bagahabwa kuyobora ADEPR bavuga ko hari ibyo bakoze bifatika birimo kubaka hotel Dove iri ku gisozi n’ibindi byinshi ariko aba birukanywe uyu munsi bakaba nta kintu gifatika basize bazavuga bakoze uretse urusengero rwubatswe muri Gicumbi gusa.
3,967 total views, 5 views today

TURASHAKA KO ABATERA NKUNGA NA LETA BAMENYA AMANYANGA YA INNOC BAHATI WIBYE IMITUNGO YA ABASIRWA
UMURIRO UGIYE KWAKA, FRANK GASHUMBA ATEGETSWE KUTONGERA KWITA UMWANA WE RWABUGIRI
KARABAYE NONEHO MUSEVENI AZANYE AMAJWI Y’ABAPFUMU KADAGA YARAGIYE KUMUROGA NA GEN SALEH NA MUHOOZI(Vedio)
BYAKOMEYE UMUHUNGU WA HABYARIMANA YAHUYE NA TSISHISEKEDI ARASHAKA GUKURAHO KAGAME, KAYUMBA MURI CONGO
Abanzi b’u Rwanda bakomeje ibikorwa byo kurusebya mu Burayi bitwaje imyigaragambyo
Uzi ahantu 8 ku mubiri w’umugabo wakora muri mu cyumba ukamuvugisha Igishinwa atarakize?
Umugabo wanjye yankuye kuburiri arara arongora mushikiwe
Reba aya amafoto meza 44 utazapfa utayarebye uburyo agaragaza ubunya Afurika bw’umwimerere
Isimbi Noeline uzwiho kwifotoza yambaye ubusa yongeye gutungura abantu asohora andi mafoto nyuma y’igihe atavugwa mu itangazamakuru
Shangazi:Umugabo nyamugabo igira igitsinda kireshya gute?
1 Comment
Gusa ibyo yavuze byose igomba kubisohoza muri rusange ahubwo tumanuke muri za region
Hamwe nabayoboye uturere namaparoisse .