Breaking News :RGB yirukanye abayobozi ba ADEPR bose kubera ibibazo biyirimo.
— October 2, 2020
Please enter banners and links.

Ubwo twarimo twandika ibijyanye n’amakimbirane no guhangana bivugwa mu bayobozi bwa ADEPR twahise tubona itangazo kuri twitter ya RBA aho rivuga ko ikigo gishinzwe imiyoborere mu Rwanda RGB cyafashe icyemezo cyo gukuraho inzego za ADEPR kubera ibibazo byinshi birimo.
Ikinyamakuru Umusingi kikaba kibakurikiranira hafi amakuru ku buryo kizabagezaho abandi bagiye gusimbura ubuyobozi bwari buriho ndetse no kumenya ibyaha bashinjanyaga niba hari abo bazakurikirana mubutabera kuko audite ibashinja kwigwizaho imitungo y’Itorero ndetse no gusesagura imitungo nk’ikibanza cyaguzwe ku Gisozi ndetse na Karasha imaze umwaka urenga ikora ariko nta faranga na rimwe irinjiza mu isanduku ya ADEPR ndetse iyo mashine ikaba igomba kwishyura Miliyoni 9 ku kwezi.
Amakuru avuga ko ari agakino bakinnye n’uvugwa ko yayikodesheje witwa Shingiro kugirango ajye avuga ko yapfuye kandi ikora.
Abayobozi basimbura aba bavuyeho bakaba bafite akazi katoroshye ko gukurikirana ibyo bagiye bakora nabi ndetse byuzuyemo amanyanga menshi kuko bavuze ko bareze mu Nkiko uwitwa Shingiro kubera ko yanze kubishyura ariko bakaba batakwerekana ikirego bamureze.
Hari bamwe batangiye kwandika ku mbuga nkoranyamabaga bifuza ko Tom Rwagasana n’abandi bakoranye nawe bakongera bagahabwa kuyobora ADEPR bavuga ko hari ibyo bakoze bifatika birimo kubaka hotel Dove iri ku gisozi n’ibindi byinshi ariko aba birukanywe uyu munsi bakaba nta kintu gifatika basize bazavuga bakoze uretse urusengero rwubatswe muri Gicumbi gusa.
3,891 total views, 1 views today

BYAKOMEYE UMUHUNGU WA HABYARIMANA YAHUYE NA TSISHISEKEDI ARASHAKA GUKURAHO KAGAME, KAYUMBA MURI CONGO
Abanzi b’u Rwanda bakomeje ibikorwa byo kurusebya mu Burayi bitwaje imyigaragambyo
AMASO ARARYA INDA IGASONZA KURI NOHELI AMASO YAWE YEREKE IBYIZA,UKWEYE KUREBA ABA BAKOBWA BEZA WASHAKA GUPFA
Amateka y’Umukecuru wabanye n’Umwami Kigeli V akabana na Gen Fred Rwigema na Perezida Kagame ari mu batangije ishuri ry’Umuco
Itohoza :Abanyarwanda baba mu mahanga bakomeje gusebya Leta y’u Rwanda bitwikiriye politiki n’uburenganzira bwa muntu
Uzi ahantu 8 ku mubiri w’umugabo wakora muri mu cyumba ukamuvugisha Igishinwa atarakize?
Shangazi:Umugabo nyamugabo igira igitsinda kireshya gute?
Uburyo ibiciro by’ingendo mu gihugu hose biteye nyuma yo kuzamurwa na RURA
Umugabo wanjye yankuye kuburiri arara arongora mushikiwe
1 Comment
Gusa ibyo yavuze byose igomba kubisohoza muri rusange ahubwo tumanuke muri za region
Hamwe nabayoboye uturere namaparoisse .