umu amakuru- Umunyamakuru yashukashutse umupfumu amena amabanga avuga ko Abapasiteri bajya kumusaba imbaraga zo gukoresha bahanurira Abakristu(Video) | Umusingi

Umunyamakuru yashukashutse umupfumu amena amabanga avuga ko Abapasiteri bajya kumusaba imbaraga zo gukoresha bahanurira Abakristu(Video)

Please enter banners and links.

Kuri uyu wa gatanu tariki 25 Nzeri 2020 ahitwa I Bweramvura mu Karere ka Gasabo Umupfumu witwa Kanyamahanga Eric yamennye amabanga ubwo yaganiraga n’umunyamakuru avuga uburyo Abapasiteri nabo bajya iwe kumusaba imbaraga zo gukoresha mu Nsengero bahanura.

Uyu musore ukiri muto amaze kuvura abantu benshi cyane ndetse akaba avuga ko we abakura mbere bamusigiye imbaraga zidasanzwe zokuvura indwara gakondo iza kizungu nka za Kanseri na corona virusi na SIDA ntiyakubeshya ko azivura ariko ikitwa amarozi ,ibisazi ,kugumirwa ,inyatsi,imyuka mibi yo mu miryango n’izindi nyinshi izo azivura neza cyane.

Umupfumu Kanyamahanga Eric yabwiye Ikinyamakuru Umusingi na Umusingi TV ko we ibyo akora abyizeye kandi atajya abeshya nkuko ajya yumva hari abakora umwuga nkuwe babikora ati “Njye nkubwiza ukuri nti iyi ndwara ndayivura cyangwa nkakubwira ukisubirirayo ntayishoboye kuko sinatwara amafaranga y’umuntu mubeshye ariko kubera abantu mvura bagakira nibo bagenda barangira abandi ku buryo ubu mfite abantu benshi mu Bwongereza na Amerika no mu Bubiligi mvura .Muri Africa ho ni henshi mu Burundi ,Uganda na Tanzania ndetse na Congo na Afurika y’Epfo aho hose ndabavura kandi bakagaruka kumbwira ko bakize”.

Umupfumu nyawe Eric Kanyamahanga

Imwe mu miti avurisha yibagiwe kuyanura tuyisanga aho ayanika ku kazu akoreramo ubupfumu

Hari abantu bavuga ko Abapfu aba ari abakene ngo kuki bo batabanza ngo bakire babone gutanga imiti yo gukora ubucuruzi bugatera imbere ariko Kanyamahanga Eric afite imyaka 25 afite umugore n’umwana ndetse nkuko muribubibone muri video afite igipangu kinini arimo kubaka bivuze ko Abapfumu benshi baba ari abakire kandi nawe n’umukire.

Uretse abantu baturuka mu bihugu yavuze yanavuze ko hari Abapasiteri baza kumusaba imbaraga zo gukoresha mu Nsengero igihe baba barimo guhanurira abantu ndetse avuga n’abakinnyi b’umupira w’amaguru bajya kumushaka ngo abahe umuti wo kugirango babe ibyamamare batsinde ibitego byinshi ndetse bajye no gukina I Burayi.

Yavuze kandi ko hari n’abasirikare bakomeye bajya kwivuzayo n’abayobozi bakomeye aho avuga ko abaye atavura abo bose batajya kumushaka kuko ngo hari umuyobozi ukomeye wamujyanye muri hotel aramubwira ati ufate icyo ushaka kubera yari yamuvuye.

Niba uzi ko ufite ikibazo cy’uburwayi uri ikiremba hamagara kuri 0786686869 cyangwa uzumve muri video na tigo ye cyangwa uri umukobwa waragumiwe cyangwa ufite ubucuruzi butagenda neza n’ibindi byinshi wahamagare iyo nimero ukamubwira ikibazo cyawe mukavugana.

Gatera Stanley

2,865 total views, 1 views today

About author

Related Articles

Leave a reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

This site uses Akismet to reduce spam. Learn how your comment data is processed.