Kenny Rogers wamamaye mu njyana ya Country music yitabye Imana
— March 22, 2020
Please enter banners and links.

Umunyabigwi mu njyana ya Country music, Kenny Rogers, yitabye Imana mu ijoro rishyira kuri uyu wa Gatandatu ku myaka 81.
Uyu muhanzi wakunzwe cyane mu myaka yo hambere yitabye Imana ari iwe mu rugo, akikijwe n’umuryango we. Mu itangazo ryashyizwe ahagaragara na SKH Music yakoranaga n’uyu muhanzi, rivuga ko yitabye Imana mu ijoro ryakeye ahagana 10:25PM.
Rikomeza riti “Rogers yitabye Imana mu mahoro ari iwe mu rugo, azize urupfu rusanzwe yitaweho kandi akikijwe n’umuryango we.”
Mu myaka mirongo itandatu ishize Rogers yubatse izina mu muziki wa Leta Zunze Ubumwe za Amerika. Yakunzwe cyane mu ndirimbo nka “The Gambler,” “Lady,” “Islands in the Stream,” “Lucille,” “She Believes In Me,” na “Through the Years.”
Yagizwe umwe mu banyabigwi mu njyana ya Country (Country Music Hall of Fame), yegukana ibihembo bya CMA Awards, bitatu bya GRAMMY® Award, CMA Willie Nelson Lifetime Achievement Award mu 2013, CMT Artist of a Lifetime Award mu 2015 ndetse atorwa nk’umuhanzi w’ibihe byose (Favorite Singer of All Time) mu itora ryakozwe n’abasomyi b’ibinyamakuru bya USA Today na People.
Yigeze kuvuga ko ubwamamare bwe mu ndirimbo abukesha “kuvuga icyo buri mugabo yifuza kuvuga n’icyo umugore wese yifuza kumva.”
Itangazo ryasohowe rivuga ko “umuryango urimo gutegura igikorwa gito cyo kumusezeraho kubera ko igihugu kiri mu bihe byo guhangana n’icyorezo cya COVID-19. Wifuza kuzifatanya n’inshuti n’abafana be mu kwishimira ubuzima bwa Kenny ku yindi tariki.”
Mu mwaka wa 2015 nibwo yatangaje ko ibikorwa byose by’umuziki agiye kubivamo, aho yabwiye ikinyamakuru NBC, kuko akeneye umwanya wo kugumana n’abana be.
2,654 total views, 1 views today

Misiyo rukokoma yo kwica Perezida Museveni no kuroga abayobozi bakomeye muri Leta (Vidiyo)
INKUBIRI Y’IMYIGARAGAMBYO Y’ABATAVUGARUMWE NA LETA Y’URWANDA IKOMEJE GUFATA INDI NTERA
Kuki Perezida Kahame akivuga kuri Gen Kayumba Nyamwasa nyuma y’imyaka 16 yarahunze Igihugu?(Reba Video)
Umunyamakuru akaba n’umuhanzi YAGO wahungiye muri Uganda yasabye imbabazi umuvugizi wa RIB
Umukozi wa ABASIRWA INNOC Bahati afatanije na Visi Perezida Muhizi barashaka kwiba Ishyirahamwe, Ibikoresho byo byamaze kwibwa(RIB) Nitabare
AMASO ARARYA INDA IGASONZA KURI NOHELI AMASO YAWE YEREKE IBYIZA,UKWEYE KUREBA ABA BAKOBWA BEZA WASHAKA GUPFA
Muri Honeys abakobwa babacurika imitwe amaguru hajuru bakabashyiramo amacupa mu bitsina(Vedio)
SODOMA NA GOMORA,AKABARI NEW BEST BISHYURA KUREBA ABASAMBANA KU MUGARAGARO,BIRATANGAJE
Umugabo wanjye yankuye kuburiri arara arongora mushikiwe
Uzi ahantu 8 ku mubiri w’umugabo wakora muri mu cyumba ukamuvugisha Igishinwa atarakize?
Shangazi:Umugabo nyamugabo igira igitsinda kireshya gute?
Leave a reply