umu amakuru- Umuhanzi Sibomana yamaze gufungurwa, yahimbye indirimbo ihimbaza Imana | Umusingi

Umuhanzi Sibomana yamaze gufungurwa, yahimbye indirimbo ihimbaza Imana

Please enter banners and links.

Sibomana Jean Bosco uzwi ku izina ry’ubuhanzi rya Dr Scientific wari umaze iminsi afungiye kuri Brigade ya Rwizamenyo i Nyamirambo, akurikiranyweho icyaha cyo gukubita no gukomeretsa yararekuwe nyuma yo gusaba imbabazi ndetse akiyunga n’uwo bagiranye amakimbirane uzwi ku izina rya Kabila, nyuma yo gufungurwa yiteguye kugeza ku bakunzi be indirimbo yahimbye ihimbaza Imana (gospel).

Dr Scientific yaburanye tariki ya 12 Gashyantare 2020 mu Rukiko rw’Ibanze rwa Nyarugenge yemera ko yagiranye amakimbirane na Kabila ndetse asaba imbabazi ku cyaha yakoze cyo kumukubita, tariki ya 14 Gashyantare 2020 nibwo hasomwe umwanzuro w’urubanza rwe ari na bwo yarekuwe, akaba ashimira ko ubutabera bwakoze akazi kabwo uko bikwiriye.

Sibomana avuga ko aho yari afungiye n’ubundi yakomeje gukora mu nganzo kuko yashoboye guhimba indirimbo ebyiri harimo ivuga Impuhwe z’Imana n’ivuga ku rukundo.

Sibomana Jean Bosco bita Dr Scientific aha yafotowe atiteguye

Sibomana yari asanzwe amenyerewe mu ndirimbo zivuga ku buzima busanzwe, ariko ubwo yari afunze yasanze atakwirengagiza impuhwe z’Imana yagize ati “nubwo ndi umuhanzi nta bwo nakundaga kuririmba indirimbo z’Imana, naje gusanga ngomba no kuririmba indirimbo z’Imana kuko Imana iratabara kandi idusaba gutera intambwe imwe noneho igatera 99”.

Sibomana avuga ubu yasubiye mu mirimo ye yaba mu buvuzi bwa gakondo no mu buhanzi.

Arashimira abakunzi be bamusuye n’abakomeje kumuzirikana kuko yamaze kurekurwa ndetse n’uwo bashyamiranye ubu bamaze kwiyunga.

 

2,826 total views, 1 views today

About author

Related Articles

Leave a reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

This site uses Akismet to reduce spam. Learn how your comment data is processed.