ADEPR:Karangwa John bashatse kumutorokesha itangazamakuru ariko Ikinyamakuru Umusingi kimufotora yiruka ajya mu modoka ya RIB
— November 13, 2019
Please enter banners and links.

Umunsi w’ejo kuwa kabiri tariki 12 Ugushyingo 2019 nibwo Umuvugizi wungirije muri ADEPR Karangwa John yari yagarutse mu rukiko kuburana ibyaha aregwa birimo gukoresha inyandiko mpimbano aho ashinjwa gutanga Diplome ye y’impimbano ubwo yasabaga uwo mwanya yariho muri ADEPR.
Mu cyumba cy’urukiko rwa Kagarama muri Kicukiro abantu bari benshi cyane ku buryo icyumba cyuzuye abantu Babura aho bicara abandi bajya gukurikira urubanza mu madirisha .
Karangwa John yagerageje kwisobanura ku byaha ashinjwa ndetse arabyihakana ndetse avuga ko ADEPR irimo ibibazo byinshi ishaka gucikamo ibice ibintu bamwe mu bakirisitu bari baje kumva urubanza bavuga bati ibyo ntago byari ngombwa ko abivuga mu rukiko.
Urubanza rwaratinze cyane ariko aho rurangiriye ,Karangwa bamunyujije mugikari baramwirukansa bamuhungisha abanyamakuru ariko Ikinyamakuru Umusingi nkuko mubizi kibagezaho amakuru nyayo cyakoresheje ibishoboka byose mu buzima bugoranye ariko byibuze ifoto imwe irafotorwa yiruka ajya kumudoka ya RIB ndetse yahise umujyana.
Urubanza rukirangira hari abagabo baje aho abanyamakuru bari bahagaze batangira gushaka kurwana n’abanyamakuru bavuga ko abanyamakuru batemewe gufotora ndetse umwe twashoboye kumenya witwa Ritararenga akaba ari inyeragutabara ndetse asengera I Nyamata akaba yashakaga kumena camera y’umunyamakuru ariko Polisi iramubuza.

Karangwa John yiruka ahunga itangazamakuru

Aba nibo bashakaga kumena camera y’umunyamakuru no kurwana

Urubanza rwa Karangwa John ruzasomwa kuwa 15 Ugushyingo 2019 hazaba ari kuwa gatanu umusibo ejo ,tubibutse ko mu cyumweru gishize ubwo yazanwaga kuburana ariko rugasubikwa hagaragaye abantu baje mu modoka bafite inkoko 2 imwe ifite ibara ry’umweru indi ifite ibara ritukura abantu bakaba baribajije byinshi kuzana izo nkoko ku rukiko aho bamwe bakekaga ko ari abapfumu bashaka kwica urubanza rwa Karangwa John abandi bati n’amarozi mbese abantu bavugaga byinshi kuri izo nkoko.
Mu bakirisitu bari baje kumva urubanza rwa Karangwa nyuma y’uko rurangiye hari abo twaganiriye batashatse ko amazina yabo avugwa maze bavuga ko biramutse aribyo koko Karangwa yarakoresheje inyandiko mpimbano byaba ari ishyano kuko umuyobozi aba ari intangarugero ku bakirisitu ,umwe ati “Ubwo se yazajya mu ijuru?”.
Umuntu wakabaye ari we uyobora abantu inzira nziza itujyana mu ijuru niwe ubeshya agakora ibyaha?twe dusanga ari ishyano rwose kandi turasaba ababashyiraho kujya bashishoza cyane kuko n’ubundi twabonaga adakwiye uriya mwanya ndetse harimo n’abandi tubona bateza ibibazo mu itorero ryacu.
Aba Pastors batukana ubwo ibyo nibyo bigisha abakirisitu no kugira amagambo yinyandagazi?
7,179 total views, 5 views today

BYAKOMEYE UMUHUNGU WA HABYARIMANA YAHUYE NA TSISHISEKEDI ARASHAKA GUKURAHO KAGAME, KAYUMBA MURI CONGO
Abanzi b’u Rwanda bakomeje ibikorwa byo kurusebya mu Burayi bitwaje imyigaragambyo
AMASO ARARYA INDA IGASONZA KURI NOHELI AMASO YAWE YEREKE IBYIZA,UKWEYE KUREBA ABA BAKOBWA BEZA WASHAKA GUPFA
Amateka y’Umukecuru wabanye n’Umwami Kigeli V akabana na Gen Fred Rwigema na Perezida Kagame ari mu batangije ishuri ry’Umuco
Itohoza :Abanyarwanda baba mu mahanga bakomeje gusebya Leta y’u Rwanda bitwikiriye politiki n’uburenganzira bwa muntu
Ninde ugaruye umuriro muri ADEPR ko wari waracogoyeho ?Uwakoze urutonde rw’Aba terrorists yahagaritswe
Karangwa John watangije ADEPR muri Uganda nyuma akayiteza ibibazo agasubira mu Rwanda akaba Umuvugizi mukuru w’ungirije yagarutse Uganda
Amayobera n’urujijo mu rubanza rw’abahoze ari abayobozi ba ADEPR rwaburanishijwe aho gusomwa
Karuranga Ephrem wahoze ari umuvugizi wa ADEPR yirukanye Sibomana na Rwagasana none nawe Isaie Ndayizeye yamwirukanye
Uzi ahantu 8 ku mubiri w’umugabo wakora muri mu cyumba ukamuvugisha Igishinwa atarakize?
Uburyo ibiciro by’ingendo mu gihugu hose biteye nyuma yo kuzamurwa na RURA
Shangazi:Umugabo nyamugabo igira igitsinda kireshya gute?
Umugabo wanjye yankuye kuburiri arara arongora mushikiwe
Isimbi Noeline uzwiho kwifotoza yambaye ubusa yongeye gutungura abantu asohora andi mafoto nyuma y’igihe atavugwa mu itangazamakuru
1 Comment
Ariko se umusingi inyungu mufite muri ADEPR ni iyihe ko mbona mwayibasiye? Ubu hari indi nkuru mugira itari ADEPR? Biragaragara ko mufite ubakorsha udakunda ADEPR. So nabagira inama yo gushaka izindi nkuru z’ibyiza ntimugakunde byacitse tutazabatera ikizere kandi kirahenda.