ITOHOZA:Nyiri Top tower nta kiryama ngo asinzire kubera Hotel ye ishobora gusenywa
— June 24, 2016
Please enter banners and links.

Nyuma yo kubona Hotel ye yitwa Top tower ifungwa kubera ishobora kugwa ikica abantu cyangwa ikangiza ibintu nkuko bivugwa nyirayo Ndamaje James biravugwa ko atakitaba Telephone ndetse atakiryama ngo asinzire kubera gutekereza cyane uburyo Hotel ibarirwa muri za Miliyari ishobora gusenywa kubera yubatswe nabi.
Ikinyamakuru Umusingi kikimara kumenya ufungwa rya Hotel n’umujyi wa Kigali cyagiye aho iyo Hotel y’ubatse ku Kimihurura maze gisanga koko yafunzwe.Kuwa 20 Kamena 2016 nibwo umunyamakuru wacu yagiyeyo ahageze asanga abazamu bamubwira ko atemerewe kwinjira kuko Hotel yafunzwe.
Umunyamakuru yagerageje kubaza umuzamu wari uhari tutamenye amazina ye maze umuzamu abwira umunyamakuru ati “urambaza se ubwo njye nzi impamvu yafunzwe mujye kubaza umujyi wa Kigali niwo twabonye uza urayifunga”.
Ikinyamakuru Umusingi cyarakomeje kigera ku muyobozi wayo (Manager) witwa Baraka maze kimubaza impamvu Hotel yafunzwe avuga nawe nta mpamvu azi ati mwabaza nyirayo ibyo aribyo byose we arabizi kuko njye narinzi ko bagomba kumenyesha ariko nta muntu wamenyesheje.
Ikinyamakuru Umusingi cyagerageje guhamagara nyiri Hotel Ndamaje James kuri Telephone ariko atitaba ndetse umunyamakuru amwoherereza ubutumwa bugufi ariko nabwo ntiyabusubiza.

Amakuru twahawe n’umwe mu nshuti ze utashatse ko amazina ye atangazwa yagize ati “sha kuba atabitaba nti mumurenganye kuko nawe ntagisinzira ,nta kiryama kubera gutekereza cyane kuko kumufungira business ye ibarirwamo za Miliyari kuba zifunze kandi bakanamubwira ko Hotel ye yubatse nabi bivuze ko ishobora no gusenywa”.
Ikinyamakuru Umusingi amakuru cyatohoje ni uko hari abantu baje gupima iyo nyubako niba koko ifite ikibazo cyo kuba yarabutswe nabi bagasanga ifite ikibazo koko ariko bikavugwa ko hari n’abandi bayipimye bakavuga ko nta kibazo ifite .
Ikinyamakuru Umusingi cyashatse kubaza ushinzwe imyubakire mu mujyi wa Kigali kumubaza icyo bashingiyeho bafata icyemezo cyo gufunga Toptower Hotel ariko ntibyakunda.
Andi makuru Ikinyamakuru Umusingi cyamenye ni uko uyu mugabo avugwa nabi ko yiyemera ndetse yirata ku bantu kubera ko ari mu baherwe bo muri Kigali.
Bivugwa ko atajya yitaba Telephone y’ umuntu atazi ndetse n’abamwe mu bakozi bahakoraga bemeje ko aribyo.
Uyu munsi Kuwa 23 Kamena 2016 amakuru yaturukaga kuri Hotel yavugaga ko noneho ibintu byakomeye ko badashaka n’umuntu uhagera.
Umwe mu bakozi bahakora utashatse ko amazina ye atangazwa yagize ati “sha byakomeye noneho natwe twajyaga tuhaza batubujije kuhinjira urahagera bakagusubizayo”.
Bamwe mu nshuti za Ndamaje baganira hari umwe wavuze ati niba Ndamaje ashaka kudahomba nayigurishe hakiri kuko nareba nabi arayihomba .
Umusingi1@gmail.com
3,342 total views, 1 views today

BYAKOMEYE UMUHUNGU WA HABYARIMANA YAHUYE NA TSISHISEKEDI ARASHAKA GUKURAHO KAGAME, KAYUMBA MURI CONGO
Abanzi b’u Rwanda bakomeje ibikorwa byo kurusebya mu Burayi bitwaje imyigaragambyo
AMASO ARARYA INDA IGASONZA KURI NOHELI AMASO YAWE YEREKE IBYIZA,UKWEYE KUREBA ABA BAKOBWA BEZA WASHAKA GUPFA
Amateka y’Umukecuru wabanye n’Umwami Kigeli V akabana na Gen Fred Rwigema na Perezida Kagame ari mu batangije ishuri ry’Umuco
Itohoza :Abanyarwanda baba mu mahanga bakomeje gusebya Leta y’u Rwanda bitwikiriye politiki n’uburenganzira bwa muntu
Uzi ahantu 8 ku mubiri w’umugabo wakora muri mu cyumba ukamuvugisha Igishinwa atarakize?
Uburyo ibiciro by’ingendo mu gihugu hose biteye nyuma yo kuzamurwa na RURA
Shangazi:Umugabo nyamugabo igira igitsinda kireshya gute?
Umugabo wanjye yankuye kuburiri arara arongora mushikiwe
Isimbi Noeline uzwiho kwifotoza yambaye ubusa yongeye gutungura abantu asohora andi mafoto nyuma y’igihe atavugwa mu itangazamakuru
Leave a reply