Umujyi wa Kigali wabonye umuyobozi mushya abantu batahaga amahirwe
— August 17, 2019
Please enter banners and links.

Kuri uyu wagatandatu tariki 17 Kanama 2019 Rubingisa Pudence ni we watorewe kuyobora Umujyi wa Kigali. Rubingisa yatowe asimbura Marie Chantal Rwakazina wagizwe Ambasaderi w’u Rwanda mu Busuwisi. Yagize amajwi 77 atsinda Rose Rutera bari bahanganye we akaba yagize amajwi 22.
Rubingisa Pudence yahoze ari Umuyobozi wungirije wa Kaminuza y’u Rwanda ushinzwe imari n’Ubutegetsi. Yaje gufungwa muri Nzeri 2017 akurikiranyweho ibyaha by’iyezandonke.
Urukiko rwisumbuye rwa Nyamirambo rwamukatiye gufungwa iminsi 30 y’agateganyo, ajuririra Urukiko Rukuru rwaje gutesha agaciro icyo kemezo. Ubu yakoraga i Rusororo ku ikicaro gikuru cya RPF afite umwanya wa Managing Director wa Intare Investment.

Rubingisa Pudence
Visi Mayor w’Umujyi ushinzwe Imibereho myiza n’Ubukungu yabaye Umutoni Gatsinzi Nadine naho Visi Mayor ushinzwe Ibikorwa Remezo aba Nsabimana Erneste.
Perezida wa Njyanama y’Umujyi wa Kigali ni Dr Jeannette Bayisenge akaba yatsinze Antoine Mutsinzi wagize amajwi atatu undi agira 8.
Visi perezida wa Njyanama y’Umujyi wa Kigali, ni Didas Muganga Kayihura, watsinze ku majwi 11 ariko akaba ari we wiyamamaje wenyine kuri uwo mwanya.
Umunyamabanga yabaye Baguma Rose.Amatora arangiye hari abantu bavugaga ko Rubingiza atahabwaga amahirwe.
4,603 total views, 1 views today

TURASHAKA KO ABATERA NKUNGA NA LETA BAMENYA AMANYANGA YA INNOC BAHATI WIBYE IMITUNGO YA ABASIRWA
UMURIRO UGIYE KWAKA, FRANK GASHUMBA ATEGETSWE KUTONGERA KWITA UMWANA WE RWABUGIRI
KARABAYE NONEHO MUSEVENI AZANYE AMAJWI Y’ABAPFUMU KADAGA YARAGIYE KUMUROGA NA GEN SALEH NA MUHOOZI(Vedio)
BYAKOMEYE UMUHUNGU WA HABYARIMANA YAHUYE NA TSISHISEKEDI ARASHAKA GUKURAHO KAGAME, KAYUMBA MURI CONGO
Abanzi b’u Rwanda bakomeje ibikorwa byo kurusebya mu Burayi bitwaje imyigaragambyo
Uzi ahantu 8 ku mubiri w’umugabo wakora muri mu cyumba ukamuvugisha Igishinwa atarakize?
Umugabo wanjye yankuye kuburiri arara arongora mushikiwe
Shangazi:Umugabo nyamugabo igira igitsinda kireshya gute?
Reba aya amafoto meza 44 utazapfa utayarebye uburyo agaragaza ubunya Afurika bw’umwimerere
Isimbi Noeline uzwiho kwifotoza yambaye ubusa yongeye gutungura abantu asohora andi mafoto nyuma y’igihe atavugwa mu itangazamakuru
Leave a reply