Kanyombya yasuye umuhanzi Dan Runyange igihe barimo gusenga arerekwa (Menya ibyo yeretswe)
— August 1, 2019
Please enter banners and links.

Kuwa 31 Nyakanga 2019 Kanyombya uzwiho gusetsa abantu cyane mu Rwanda ndetse akaba ariwe wa mbere yasuye umuhanzi Dan Runyange bafitanye ubushuti bukomeye muri iyi minsi barimo gusenga agiye gutaha arerekwa.
Ubwo bari mu rugo rwa Dan Runyange umuhanzi uririmba indirimbo zihimbaza Imana (Gospel)Ku Kicukiro ahitwa Sahara bari baganiriye byinshi bishimye basangiye ndetse baganira n’imishinga bakorana mu rwego rwo kwiteza imbere nyuma yo kuganira no gusangira ,igihe cyarageze Kanyombya n’abagenzi be bari bazanye gusura Dan Runyange bashaka gusezera ngo batahe Dan Runyange abasaba ko basenga Imana kugirango ibaherekeze bagere iwabo amahoro.
Barasenze barangije gusenga Kanyombya arasimbuka mu ijwi rirerire ati Amena akora kuri Dan Runyange akora no kumugore wa Dan Runyange ati “Ubwo nasengaga neretswe nabonye inyenyeri nyinshi mu cyumba cyanyu ariko sinzi icyo bisabonuye.Ntimwabonye turangije gusenga narebaga izo nyenyeri nkazibura ariko nazibonye nyinshi mu cyumba cyanyu ariko sinzi icyo zivuze”.


Umuhanzi Dan Runyange wambaye umweru afashe umugore ku rutugu ,Kanyombya wambaye ubururu ,Ibumoso ni Pasiteri Nsengiyumva bakunda kwita Mafuta na Pasiteri Peter
Kanyombya yari yajyanye na Pastor Nsengiyumva bakunda kwita Mafuta na Pastor Peter kubera ko ngo bose ari inshuti ari gahunda bahanye nyuma yo guhurira mu giterane I Rusizi.
Ikinyamakuru Umusingi cyashatse kubaza Kanyombya niba ubu yakijijwe ku buryo asigaye asenga akerekwa ati abanyamakuru ndabazi mwandike ibyo mushaka nta muntu udasenga.
Dan Runyange abajijwe uburyo asigaye ari inshuti na Kanyombya ndetse n’abapasiteri twavuze haruguru yagize ati “Twahuriye mu gitaramo I Rusizi kandi twarajyanye mu modoka imwe turagarukana mu nzira duhura n’ibibazo ariko tubyitwaramo neza twese birarangira tugeze I Kigali mbasaba kuzansura kuko nabonye ari abagabo beza kandi dukwiye gukomeza gukorana no gukomeza ubushuti”.
Pasiteri Nsengiyumva Mafuta we yabwiye Ikinyamakuru Umusingi ko bafite gahunda ndende yo kuzenguruka igihugu bigisha abantu ijambo ry’Imana kandi bazabikora nkuko bari kumwe na Kanyombya batamusize.
Noella
5,110 total views, 1 views today

BYAKOMEYE UMUHUNGU WA HABYARIMANA YAHUYE NA TSISHISEKEDI ARASHAKA GUKURAHO KAGAME, KAYUMBA MURI CONGO
Abanzi b’u Rwanda bakomeje ibikorwa byo kurusebya mu Burayi bitwaje imyigaragambyo
AMASO ARARYA INDA IGASONZA KURI NOHELI AMASO YAWE YEREKE IBYIZA,UKWEYE KUREBA ABA BAKOBWA BEZA WASHAKA GUPFA
Amateka y’Umukecuru wabanye n’Umwami Kigeli V akabana na Gen Fred Rwigema na Perezida Kagame ari mu batangije ishuri ry’Umuco
Itohoza :Abanyarwanda baba mu mahanga bakomeje gusebya Leta y’u Rwanda bitwikiriye politiki n’uburenganzira bwa muntu
Muri Honeys abakobwa babacurika imitwe amaguru hajuru bakabashyiramo amacupa mu bitsina(Vedio)
SODOMA NA GOMORA,AKABARI NEW BEST BISHYURA KUREBA ABASAMBANA KU MUGARAGARO,BIRATANGAJE
Abahanzi bavukana Weseal n’umugore we Miss Sandra Teta ,Chameleon na Palaso basigaye bacurangira mu kabari kamwe (Video))
Uzi ahantu 8 ku mubiri w’umugabo wakora muri mu cyumba ukamuvugisha Igishinwa atarakize?
Uburyo ibiciro by’ingendo mu gihugu hose biteye nyuma yo kuzamurwa na RURA
Shangazi:Umugabo nyamugabo igira igitsinda kireshya gute?
Umugabo wanjye yankuye kuburiri arara arongora mushikiwe
Leave a reply