Umupfumu witwa Kanyamahanga uvura inyatsi iteza imyuka mibi mu bashakanye ndetse n’ubusambanyi ,akavura ibirozi agatanga umuti w’abagumiwe bakabona abagabo n’ibindi byinshi (Vidio)
— June 3, 2019
Please enter banners and links.

Hari ibintu usanga abantu bavuga bimwe bikavugwa ko ari imyuka mibi kandi ko ufite iyo myuka ajya mu Rusengero bakamusengera ikamuvaho ariko iyo myuka ikaba iteza ibibazo byinshi abantu batazi.
Ikinyamakuru Umusingi Kuwa 1 Kamena 2019 cyasuye umupfumu utuye I Bwezamvura mu Mugi wa Kigali maze avuga byinshi ku bintu bitera abantu ibibazo bitandukanye kandi batazi ikibibatera.
Mu kiganiro kirambuye twagiranye Kanyamahanga yavuze ko hari abantu benshi bafite ibibazo biterwa n’imyuka mibi basigiwe n’abasekuruza babo kuko cyera baterekeraga.
Bimwe mu byo yavuze nkuko buri bumbyumve muri video turi bubahe avuga imyuka mibi isenya ingo z’abashakanye ,cyangwa inyatsi ,ukabaho ubona amafaranga menshi ariko ntugire icyo uyakoramo gifatika,hari aho yavuze ko ushobora gusanga umugore n’umugabo bahora bashwana iyo bari mu rugo kandi baba batari mu rugo ukabona aria bantu beza ,avuga ko iyo ari imyuka iba itabifuriza kubana kandi ko ibyo byose abivura.
Hari n’ibindi yavuze ko hari abagabo bagira ingeso y’ubusambanyi cyangwa abagore ko byose afite umuti wabyo ndetse n’abatagira imbaraga zo gutera akabariro ku buryo yinjira mu kibuga agakinaho utunota duke akaba ararushye ,abo bose ngo bazajye kumureba abavure.
Hari abagabo baryamana n’indaya ku mwe baba bagiye nko muri misiyo akaryamana nayo ngo ifata amasohoro ikayajyana bakayaroga umugabo yajya aryamana n’umugore bikanga ahubwo agatekereza iyo ndaya baryamanye.

Eric Kanyamahanga


Jya muri Youtube wandikemo Umusingi TV urebe vidio

Jya muri Youtube wandikomo Umusingi TV urebe vidio
Byose avuga ko ari imyuka mibi iba ituruka mu bakurambere kubera ko iwanyu bigeze guterekeraho hanyuma barabireka ,Kanyamahanga akagira ati “Ibyo byose ubona mu miryango harimo umuntu utabyara cyangwa umusazi ,gucuruza bikanga ibyo ukoze byose ugahomba biterwa n’imyuka mibi kandi ibyo njye nzi kubivura”.
Hari n’ikindi yavuze ngo umuntu ushaka ko umugabo we amukunda cyane cyangwa umugore akunde umugabo we cyane afite umuti atanga ku buryo abahoraga mu matiku n’amahane bahora barwana abivura bakongera gukundana bushya.
https://www.youtube.com/watch?v=93Kx1Q1wT1A&t=157s
Gatera Stanley
8,395 total views, 1 views today

Misiyo rukokoma yo kwica Perezida Museveni no kuroga abayobozi bakomeye muri Leta (Vidiyo)
INKUBIRI Y’IMYIGARAGAMBYO Y’ABATAVUGARUMWE NA LETA Y’URWANDA IKOMEJE GUFATA INDI NTERA
Kuki Perezida Kahame akivuga kuri Gen Kayumba Nyamwasa nyuma y’imyaka 16 yarahunze Igihugu?(Reba Video)
Umunyamakuru akaba n’umuhanzi YAGO wahungiye muri Uganda yasabye imbabazi umuvugizi wa RIB
Umukozi wa ABASIRWA INNOC Bahati afatanije na Visi Perezida Muhizi barashaka kwiba Ishyirahamwe, Ibikoresho byo byamaze kwibwa(RIB) Nitabare
Gahunda igi ry’Umwana na Kundwa kibondo byagabanije imirire mibi mu Bana muri Sovu
Hubatswe ibigo nderabuzima 50 muri Huye na Nyamagabe mu myaka 7 ishize
99% by’akato n’ihezwa ku bafite virusi itera SIDA byarashize muri Koperative Girubuzima Nyange
Mu bantu 15750 bapimwe agakoko gatera SIDA 37 nibo basanganywe ubwandu bushya
Umugabo wanjye yankuye kuburiri arara arongora mushikiwe
Uzi ahantu 8 ku mubiri w’umugabo wakora muri mu cyumba ukamuvugisha Igishinwa atarakize?
Shangazi:Umugabo nyamugabo igira igitsinda kireshya gute?
Leave a reply