umu amakuru- RMC yagize ibiganiro ku mutekano w’abanyamakuru ku ihohotera rishingiye ku gitsina mu itangazamakuru | Umusingi

RMC yagize ibiganiro ku mutekano w’abanyamakuru ku ihohotera rishingiye ku gitsina mu itangazamakuru

Please enter banners and links.

Kuwa 16 Gicurasi 2019 urwego rw’abanyamakuru bigenzura mu Rwanda bakoze ikiganiro n’abanyamakuru kigamije kumenya niba mu itangazamakuru harimo ihohotera rishingiye ku gitsina mu itangazamakuru .

Umunyamabanga nshingwabikorwa wa RMC Mugisha Emmanuel yavuze ko bamwe mu banyamakuru iyo bumvise safety of journalists bumva ko hari uwakubiswe cyangwa wafunzwe ariko umunyamakuru agomba kugira uburenganzira bwe n’umutekano aho akorera.

Bamwe mu banyamakuru batandukanye cyane cyane abagore n’abakobwa muri icyo kiganiro bagaragaje ko ihohotera rishingiye ku gitsinda rihari mu bigo bitandukanye by’itangazamakuru.

Habanjeho kumenya ihohotera iryo ariryo kuko bamwe bumva ko gukora ku mubiri w’umukobwa atabishaka ari ihohotera kandi abandi bakumva atariryo ,gusomana,koherereza ubutumwa bugufi kuri Telephone,gufatana ku rutugu ,guhoberana  n’ibindi bitandukanye .

Abanyamakuru baganira ku ihohotera rishingiye ku gitsina mu bitangazamakuru

Mu biganiro abanyamakuru bashimye ko ari byiza bungukiyemo byinshi bavuze ko hari ikibazo cy’umuco aho abanyarwanda rimwe na rimwe iyo umusore atereta umukobwa hari igihe umukobwa yanga akavuga ko atabishaka umusore agomba kubaha ijambo umukobwa amubwiye nkuko mu bazungu iyo ari no iba ari no ariko abanyarwanda hari igihe umusore akomeza agahatiriza kandi nyuma bikazakunda.

Ndahiro Kennedy umwe mu banditsi bakuru ba New Times yabwiye abanyamakuru ko nyuma yo kumenya ko hari ikibazo cy’ihohotera rishingiye kugitsina bashyizeho amabwiriza agenga icyo kigo arebana n’ihohotera rishingiye ku gitsina buri mukozi asinya bikaba byarakozwe mu rwego rwo kurirwanya muri icyo kigo.

Havuzwe ku mbogamizi abanyamakuru b’igitsina gore uburyo bashobora kuvuga ihohotera baramutse barivuze bikajya kumugaragaro ko usanga bamuvugavuga hirya no hino bikaba byakwica izina ry’umuntu cyangwa hagatangira kuvugwa ibindi byinshi bitari byiza.

Zimwe mu nzego zishinzwe itangazamakuru n’amashyirahamwe y’abanyamakuru bakaba biyemeje kwiga kuri icyo kibazo kikazafatirwa imyanzuro uburyo ihohotera rishingiye ku gitsina ryacika burundu.

Muganwa Gonzaga umunyamabanga nshingwabikorwa w’Ishyirahamwe ry’abanyamakuru (ARJ)yavuze ko ari igitekerezo cyiza bagiye gushaka uburyo haganirwa ku myanzuro yafatwa nkuko New Times yabikoze.

Gatera Stanley

2,614 total views, 1 views today

About author

Related Articles

Leave a reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

This site uses Akismet to reduce spam. Learn how your comment data is processed.