Yatemye sebukwe ukuboko agucaho amuziza ko atagiriye inama umukobwa we
— June 4, 2016
Please enter banners and links.

Umugabo witwa Moses Makanga ufite imyaka 47 y’amavuko yagize ibyago ubwo umukwe we yamusanze mu bwogero akamutemaho ukuboko kugacika amuziza ko umukobwa we babyaranye yahukaniye kwa se akamusigira abana bakaba bamujije amahoro ariko ise w’umukobwa ntagire icyo abikoraho.
Ibi byabereye mu gihugu cya Uganda ejo Kuwa 3 Kamena 2016 mu gace kitwa Busige mu Karere ka Kamuli ,bikaba byabaye saa tatu zijoro ubwo Makanga yari asohotse ateruye ibase irimo amazi agiye mubukarabiro maze umukwe we akamutemaho ukuboko kukavaho .
Mkanga yagerageje gutabaza ati mu ntabare umukwe aranyishe ,umugore wa Makanga yagiye gusohoka mu nze usanga umukwe wabo witwa Sekate yirutse .

Bivugwa ko umukobwa wa Makanga witwa Nabirye ufite imyaka 24 ari we mugore wa Sekate yahukanye muri Gashyantare 2016 asubira kwa se ,hatarashira igihe gito ashakwa n’undi mugabo.
Makanga avuga ko umukobwa Nabirye yamubyaranye n’umugore witwa Asiina Tibafaananika batandukanye akajyana umwana .
Makanga ati “nagiye kumva numva ngo umugore yashyingiye umwana amubonamo ibintu byinshi cyane njye ntacyo bamaye ariko hashize igihe gito cyane numva inkuru ko umukobwa wanjye yatandukanye n’umugabo nyina yamushyingiye ngo ashaka undi mugabo”.Makanga yakomeje avuga ko yagiye kubona abona umugabo umwibwira amazina ye ko yitwa Sekate ati ninjye umukwe wawe ariko umukobwa wawe Nabirye yarahukanye ansigira abana 2 .
Naramujyanye mugeza kwa nyina twabyaranye uwo mukobwa kuko ariwe wamushyingiye ari nawe umugabo yahaye ibintu byinshi ariko ndebera ukuntu ingaruka z’umugore n’umwana ari njye zigize gutya ,ubu mbaye ikimuga kubera impamvu z’umugore twatandukanye n’umwana utaba iwange.
Sekate bivugwa ko no kuwa mbere yagarutse afite esanse ayisuka ku nzu ya sebukwe arangije arayitwika irashya irakongoka n’ibintu biyirimo byose.
Umukuru w’Akagali kitwa Busige witwa John Bagende yatangaje ko yihanije Sekate ubutemu akorera umukwe we ndetse akorera no mu gace ayobora ndetse avuga ko bamenyesheje polisi ikaba yatangiye gushakisha Sekate kugirango ahanwe bikomeye.
Byashyizwe mu Kinyarwanda na Muhungu John
3,312 total views, 1 views today

BYAKOMEYE UMUHUNGU WA HABYARIMANA YAHUYE NA TSISHISEKEDI ARASHAKA GUKURAHO KAGAME, KAYUMBA MURI CONGO
Abanzi b’u Rwanda bakomeje ibikorwa byo kurusebya mu Burayi bitwaje imyigaragambyo
AMASO ARARYA INDA IGASONZA KURI NOHELI AMASO YAWE YEREKE IBYIZA,UKWEYE KUREBA ABA BAKOBWA BEZA WASHAKA GUPFA
Amateka y’Umukecuru wabanye n’Umwami Kigeli V akabana na Gen Fred Rwigema na Perezida Kagame ari mu batangije ishuri ry’Umuco
Itohoza :Abanyarwanda baba mu mahanga bakomeje gusebya Leta y’u Rwanda bitwikiriye politiki n’uburenganzira bwa muntu
Mukakarangwa Francisca na Batamuriza Esther baratabaza Perezida Kagame, Ya mitego Bamporiki yavuze igeze muri RCA aho umuyobozi wayo yateze abantu 12 ashaka ko bajya Mageragere gufungwa barengana.
Uzi ahantu 8 ku mubiri w’umugabo wakora muri mu cyumba ukamuvugisha Igishinwa atarakize?
Umugabo wanjye yankuye kuburiri arara arongora mushikiwe
Biravugwa ko bamwe mu banyarwanda bari barashoye imari muri Uganda byabakomeranye bagiye kujyanwa mu Nkiko kubera imitungo
Leave a reply