umu amakuru-  Impamvu Dr.Kiiza Besigye ashinja Gen.Mugisha Muntu ku mugambanira yamenyekanye | Umusingi

Besigye  Impamvu Dr.Kiiza Besigye ashinja Gen.Mugisha Muntu ku mugambanira yamenyekanye

Please enter banners and links.

Besigye

 

Dr.Kiiza Besigye akaba na Perezida wirahije kuba Perezida wa Uganda ubu ari muri Gereza ya Luzira aho yoherereje ubutumwa  Perezida w’Ishyaka rya FDC Gen.Mugisha Muntu amushinja kumugambanira.

Impamvu Dr.Kiiza Besigye ashibja Gen.Muntu ku mugambanira ni uko Gen.Mugisha Muntu uvugwa ko ari umunyarwanda wanze gutaha nk’abandi akigumira mu gisirikare cya Uganda ni uko yatoresheje uhagararira Ishyaka mu Nteko ishingamategeko uruhande rutavuga rumwe na Leta.

Gen.Mugisha Muntu akaba yatoresheje Winnie Besigye umugore wa Dr.Kiiza Besigye ,ikintu cyarakaje Dr.Besigye akavuga ko gutoresha uturuka mu Ishyaka ryacu rya FDC ari ukwemera ko Perezida Museveni ariwe watsinze amatora aheruka y’umukuru w’igihugu kandi abizi neza ko ari twe twatsinze ,ibyo akabona Gen.Muntu ari ukumugambanira.

Gen.Mugisha Muntu we akaba yagize ati “gutora uhagarariye Ishyaka ryacu mu Nteko ishingamategeko ni uko Perezida w’Inteko y’Abadepite Rebecca Kadaga  yari yatwandikiye adusaba gutanga uhagarariye Ishyaka ryacu FDC akaba ariwe ukurira uruhande rw’Abadepite batavuga rumwe na Leta mu Nteko kandi akaba yari yaduhaye umunsi ntarengwa wo Kuwa 25 Gicurasi 2016 ntakindi twari gukora uretse gutora Winnie Besigye”.

Gen.Mugisha Muntu akaba yakomeje avuga ko n’ubwo tubona ko hari ibibazo bikomeye harimo ni uko batwibye amajwi ariko tugomba gukomeza guteza imbere Ishyaka ntago twahagarara.

Ubutumwa bwa Dr.Kiiza Besigye akaba yarabuhaye uwitwa Ingrid Turinawe wo mu Ishyaka rya FDC wari wagiye kumusura bityo arabumuha kugirango abushyikirize Perezida w’Ishyaka rya FDC Gen.Mugisha Muntu.

Dr.Besigye yagize ati “ntago bari gutora uduhagararira mu Nteko ishingamategeko kuko ubwo biba bigaragaje ko twemeye ko twatsinzwe kandi twaratsinze ibyo tukaba tubona ari ukutugambanira”.

Besigye

Dr.Kiiza Besigye ibumoso ari kumwe na Gen.Mugisha Muntu

Dr.Kiiza Besigye akaba yavuze ko Gen.Muntu Mugisha ntiyari kwemera ndetse iyo abanza akabashyiriraho amabwiriza harimo no kunkurisha muri Gereza ariko ntabyo yakoze.

Umugore wa Besigye akaba yabwiye itangazamakuru ko Ishyaka rya FDC rifit ibibazo ndetse banyuze muri byinshi n’iki ko kizashira.Igitangaje ni uko Dr.Kiiza Besigye ubwo yarahiraga kuba Perezida wa Uganda umugore we Winnie Byanyima yari yibereye I Kigali mu Rwanda mu nama mpuzamahanga ya Economic Forum abantu bakibaza impamvu atagiye gushyigikira umugabo we.

Muhungu John Kampala

3,634 total views, 3 views today

About author

Related Articles

Leave a reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

This site uses Akismet to reduce spam. Learn how your comment data is processed.