Miss Sandra Teta atwite inda ya Weasel? Byashimangiwe i Kampala
— February 18, 2019
Please enter banners and links.

Sandra Teta wabiciye bigacika mu gihe gishize mu myidagaduro yo mu Rwanda aranugwanugwaho gutwitira Weasel wo mu itsinda rya GoodLyfe nyuma y’igihe yimukiye muri Uganda.
Uyu mukobwa w’imyaka 27 y’amavuko, yabaye igisonga cya kabiri cya Miss SFB mu 2011. Yamenyekanye cyane mu Rwanda biturutse ku gutegura ibitaramo byitwaga “All Red Party” byagiye bimusiga mu madeni kenshi agatabwa muri yombi.
Ubu, aravugwa mu nkuru yaciye ibintu mu Mujyi wa Kampala ko we na Douglas Mayanja uzwi nka Weasel mu itsinda rya GoodLyfe bitegura kwibaruka umwana nk’uko byatangajwe n’ikinyamakuru BigEye gitangaza amakuru yerekeranye n’imyidagaduro.
Iki kinyamakuru cyatangaje ko aba bombi bitegura kubyarana, bamaze igihe mu buryohe bw’urukundo nubwo ari amakuru atari azwi na benshi. Turacyagerageza gushakisha Sandra Teta ku murongo wa telefone ngo agire icyo abivugaho.
Sandra Teta bivugwa ko akuriwe muri iki gihe yari amaze kwigarurira abakunda ibitaramo muri Uganda aho asigaye akora ibyitwa ‘Boss Lady Party’ byitabirwa n’abantu batandukanye bakunda imyidagaduro i Kampala.

Weasel na Sandra Teta

Miss Sandra Teta

Ntabwo ari kenshi yagiye agaragarana na Weasel mu birori akora ariko ni umwe mu bahanzi bamushyigikira bakitabira ibitaramo bye cyo kimwe n’umuvandimwe we Pallaso, bombi basanzwe bavukana mu inda imwe na Jose Chameleone.
Weasel uvugwaho gutera inda Sandra Teta ni umwe mu bahanzi babyaye abana benshi ku bagore batandukanye muri Uganda no hanze yayo. Hari ubwo yabaruriwe abana barenga 36 bose yagiye abyarana n’abagore batandukanye bagiye bakundana.
Source:Isimbi
4,761 total views, 1 views today

Misiyo rukokoma yo kwica Perezida Museveni no kuroga abayobozi bakomeye muri Leta (Vidiyo)
INKUBIRI Y’IMYIGARAGAMBYO Y’ABATAVUGARUMWE NA LETA Y’URWANDA IKOMEJE GUFATA INDI NTERA
Kuki Perezida Kahame akivuga kuri Gen Kayumba Nyamwasa nyuma y’imyaka 16 yarahunze Igihugu?(Reba Video)
Umunyamakuru akaba n’umuhanzi YAGO wahungiye muri Uganda yasabye imbabazi umuvugizi wa RIB
Umukozi wa ABASIRWA INNOC Bahati afatanije na Visi Perezida Muhizi barashaka kwiba Ishyirahamwe, Ibikoresho byo byamaze kwibwa(RIB) Nitabare
AMASO ARARYA INDA IGASONZA KURI NOHELI AMASO YAWE YEREKE IBYIZA,UKWEYE KUREBA ABA BAKOBWA BEZA WASHAKA GUPFA
Muri Honeys abakobwa babacurika imitwe amaguru hajuru bakabashyiramo amacupa mu bitsina(Vedio)
SODOMA NA GOMORA,AKABARI NEW BEST BISHYURA KUREBA ABASAMBANA KU MUGARAGARO,BIRATANGAJE
Uzi ahantu 8 ku mubiri w’umugabo wakora muri mu cyumba ukamuvugisha Igishinwa atarakize?
Shangazi:Umugabo nyamugabo igira igitsinda kireshya gute?
Umugabo wanjye yankuye kuburiri arara arongora mushikiwe
Leave a reply