umu amakuru- Uganda:Abafshe umunyeshuri bugwate bagasaba ababyeyi be Miliyoni 7 hamaze gufatwa 6 ariko umwana baramwishe | Umusingi

Uganda:Abafshe umunyeshuri bugwate bagasaba ababyeyi be Miliyoni 7 hamaze gufatwa 6 ariko umwana baramwishe

Please enter banners and links.

Oscar Peter Nduhirwe wigaga mu mwaka wa 2 w’amashuri yisumbuye ku  ishuri rya Akagera yafashwe bugwate n’abantu batazwi basaba nyina witwa Jackline Atukunde Miliyoni 7 kugirango umwana we batamwica.

Nyina wa Oscar Peter Nduhirwe bamuhaye Telephone avugana na nyina ati Mama ntago ndimo gukina bamfashe.

Jackline Atukunde avuga ko yabasabye kumuha umwana we baravugana bamubwira kohereza amafaranga vuba maze abwira umugabo we ukorera mu Rwanda uko bimeze maze ako kanya yohereza Miliyoni 5 kugirango umwana we aticwa.

Mbere yo kohereza amafaranga yasabye ko bamwongera umwana we bakavugana hanyuma bamuha umwana uteri uwe yamubaza amazina ya se wabo n’amazina y’ishuri umwana ntabivuge nibwo bamenye ko umwana yishwe ahubwo bashaka amafaranga kandi umwana bamaze ku mwica.

Umwe mu bishe Peter Oscar amaze gufatwa

Iburyo ni nyina wa nyakwigendera asobanura uko byagenze

Umwe mu bamwishe amaze kwerekana aho bamushyinguye Polisi imaze gucukura imusangamo

Ibumoso niwe wakuriye igikorwa cyo gufata abishe umwana Oscar Peter

Umusarani babanje kumufungiranamo

Bahise bamenyesha Polisi itangira gushakisha nimero bakoreshaga basaba amafaranga kugeza ubwo bafashe umwe bamusanze aho yari yahungiye muri Ibanda bakoresheje GPS .

Ronald Twijuke n’umwe mu bafashwe ahita ajya kubera aho umwana bamushyinguye,Polisi iracukura isanga koko umwana ariho ashyinguye ndetse baramushyinguye bamuziritse imigozi bigaragara ko umwana yishwe mu bubabare bukabije.

Keneth Tindimwebwa niwe wayoboye igikorwa cyo gukurikirana aba bantu basabaga amafaranga ndetse bishe uwo mwana akaba yavuze umwe mu bafashwe yari yamaze kumenya ko Polisi yabyinjiyemo ahungira ahitwa Nyamabare ariko baramugenzuye kugeza ubwo bamufashe bamusanga simcard zose zakoreshwaga basaba ababyeyi amafaranga.

Bamwe mu baturage basabye Leta ko yakaza ingamba n’ibihano bikomeye ku bantu nk’abo bafata abantu bugwate bagasaba amafaranga kandi bakica abantu kuko bamaze kuba benshi mu gihugu bicwa bafashwe bugwate bamwe mu bishwe bikavugwa cyane harimo umukobwa witwa Suzan Magara n’abandi batandukanye.

Muhungu John- Kampala

4,348 total views, 3 views today

About author

Related Articles

Leave a reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

This site uses Akismet to reduce spam. Learn how your comment data is processed.