140 biyandikishije mu irushanwa ry’abagore bafite ibibuno binini muri Uganda bagamije guteza imbere ubukerarugendo biteza impagarara
— February 11, 2019
Please enter banners and links.

Irushanwa rihurije hamwe abagore bafite ibibuno binini ‘Miss Curvy Uganda’ rimaze kwiyandikishamo abagore 140 bazahatana muri Kamena 2019 havemo abazifashishwa mu kureshya ba mukerarugendo mu gihugu cya Uganda.
Kuri uyu wa Gatanu tariki 08 Gashyantare 2019, Anne Mungoma, wateguye iri rushanwa ‘Miss Curvy Uganda’ yabwiye NTV Uganda, ko yatunguwe n’uburyo irushanwa ryakiriwe. Yagize ati “Iri rushanwa rihurije hamwe abagore b’ubwiza n’ikimero bafite ikibuno kinini, tugomba kubyishimira. Dukwiye gushima ubuhanga bwabo kandi tugakuraho ko umukobwa mwiza agomba kuba atabyibushye nyine afite mu nda zero.”
Mungoma yavuze ko iri rushanwa ryateguwe mu murongo wo kwereka Isi ko Uganda ituwe n’abagore b’abanyafurika, ari nayo mpamvu hatekerejwe uburyo bakwifashishwa kumenyekanisha ishusho y’ubukerarugendo muri Uganda. Abagore 140 bamaze kwiyandikisha mu irushanwa ‘Miss Curvy Uganda’




Yavuze ko hari ibihugu byinshi bifite ibyo byerekana mu bukerarugendo bwabo. Ngo muri Uganda abakerarugendo berekwa Karimojong, Masai, n’ibindi ariko ngo ntabwo bitanga amafaranga menshi. Avuga ko nta mpamvu yo kubangamira abagore bafite ibibuno binini mu irushanwa, ngo cyeretse ubwiza bwarahariwe abakobwa bananutse gusa.
Yavuze ko umugore uzegukana irushanwa Miss Curvy Uganda azagira amahirwe yo guhatana mu irushanwa ry’abagore bafite ibibuno binini muri Afurika (Miss Curvy Africa), azanitabira kandi ahagarariye Uganda mu irushanwa ry’abagore bafite ibibuno binini ku Isi (Miss Curvy World).
Ashimangira ko iri rushanwa ry’abagore bafite ibibuno binini bizatuma Uganda imenyekana ku rwego rw’Isi yose. Iri rushanwa ryatangiye kuya 05 Gashyantare 2019 ryakuruye impaka nyinshi ku mbuga nkoranyambaga n’abagore muri Leta bakaba baryamaganye ko ari ugusuzugura abagore no kubahuka umuco w’abagore.
Mu minsi ishize Perezida Museveni aherutse gutangaza ko ashyigikiye iri rushanwa mu buryo bweruye.
Minisitiri w’ubukerarugendo Kiwanda akaba yavuze ko abantu bakwiye guhindura imyumvire kuki Miss Uganda badahaguruka ngo basakuze kandi bavuga ko badashaka abakobwa banini?ati nibareke n’abanini nabo bakore irushanwa ryabo kuko ntawe ribangamiye.
Depite Winnie Kiiza akaba yavuze ko Minisitiri w’ubukerarugendo arimo kwica umuco w’igihugu ahubwo ibyo akora ngo ari ugucuruza abagore amusaba gusaba abagore imbabazi.
Hon.Winnie Kiiza akaba yagize ati “Ari umugore we akamubwira ati ugiye kujya hariya abamukerarugendo bajye baza bakurebe bishyure igihugu amafaranga yakumva abyishimiye.Ikindi cyangwa ari nyine ugiye kujya ajya ahantu bamukerarugendo bakaza kumureba bakishyura amafaranga igihugu byamushimisha?”.
10,624 total views, 1 views today

Misiyo rukokoma yo kwica Perezida Museveni no kuroga abayobozi bakomeye muri Leta (Vidiyo)
INKUBIRI Y’IMYIGARAGAMBYO Y’ABATAVUGARUMWE NA LETA Y’URWANDA IKOMEJE GUFATA INDI NTERA
Kuki Perezida Kahame akivuga kuri Gen Kayumba Nyamwasa nyuma y’imyaka 16 yarahunze Igihugu?(Reba Video)
Umunyamakuru akaba n’umuhanzi YAGO wahungiye muri Uganda yasabye imbabazi umuvugizi wa RIB
Umukozi wa ABASIRWA INNOC Bahati afatanije na Visi Perezida Muhizi barashaka kwiba Ishyirahamwe, Ibikoresho byo byamaze kwibwa(RIB) Nitabare
AMASO ARARYA INDA IGASONZA KURI NOHELI AMASO YAWE YEREKE IBYIZA,UKWEYE KUREBA ABA BAKOBWA BEZA WASHAKA GUPFA
Muri Honeys abakobwa babacurika imitwe amaguru hajuru bakabashyiramo amacupa mu bitsina(Vedio)
SODOMA NA GOMORA,AKABARI NEW BEST BISHYURA KUREBA ABASAMBANA KU MUGARAGARO,BIRATANGAJE
Uzi ahantu 8 ku mubiri w’umugabo wakora muri mu cyumba ukamuvugisha Igishinwa atarakize?
Shangazi:Umugabo nyamugabo igira igitsinda kireshya gute?
Umugabo wanjye yankuye kuburiri arara arongora mushikiwe
Leave a reply