umu amakuru- Bobi Wine yabonanye na Minisitiri w’Intebe wa Jamaica ndetse n’umuhanzi w’icyamamare Bujjubunton yereka Bebe Cool bahora bahanganye ko amurusha icyubahiro | Umusingi

Bobi Wine yabonanye na Minisitiri w’Intebe wa Jamaica ndetse n’umuhanzi w’icyamamare Bujjubunton yereka Bebe Cool bahora bahanganye ko amurusha icyubahiro

Please enter banners and links.

Umuhanzi akaba Umudepite mu gihugu cya Uganda Bobi Wine ari mu gihugu cya Jamaica aho yatumiwe mu gitaramo gikomeye muri icyo gihugu.

Muri Jamaica hakunda kubayo abarasita kandi biuvugwa ko ibiyobyabwenge byemeweyo ,ndetse kikaba igihugu cyemera cyane abatavuga rumwe na za Leta ariyo mpamvu ashobora kuba yaratumiweyo.

Ariko icyo abantu bibaza kuri uyu mugabo Bobi Wine kuki arimo kuvugwa cyane n’icyo akoze cyose kikavugwa cyane kurusha abandi bantu hafi benshi cyane ?.

Urugendo rwe muri Jamaica ruri kuvugwa cyane nyuma yo guhura na Minisitiri w’icyo gihugu Hon.Andrew Michael Holness n’umuhanzi w’icyamamare witwa Bujjubunton,aherutse gusohora indirimbo yise Turiyambara engule iyi nayo irimo kuvugisha abantu byinshi ,mbere yiyi yari yasohoye indi yise Kyarenga yahagurikije Leta yose igahangana nawe imubuza gukora ibitaramo kugirango ubutumwa buri muri iyondirimbo budakomeza gukwirakwira ariko mu kumubuza nibwo bamuhaga gukomera no kurushaho kwamamaza indirimbo ze n’ibindi byinshi akora bikavugwa cyane bikibazwaho.

Hon.Bobi Wine na Hon.Andrew Michael Holness n’umugore wa Bobi Wine witwa Barbie Itungo

Ibyo muri Uganda ni uguhangana kwerekana ko umwe akomeye hagati ya Bobi Wine na Bebe Cool ,ubu nyuma yo guhura na Bujjubunton Bobi Wine kubera ko aziko Bebe Cool guhera cyera yifuje guhura na Bujjubunton bikamunanira yahise atwitinga ko ahuye n’umukuru wa Gagamel kandi Gagamel avuga n’iyo Lebal y’umuziki wa Bebe Cool ariko akaba yabikoze mu buryo bwo kumushotora kugirango amwereke ko uwo yifuzaga kuva cyera bikamunanira we abishoboye.

Abafana ba Bebe Cool nabo bahise bavuga ngo Bebe Cool nawe yahuye na Mandela atarapfa hanyuma abasesengura batangira kwibaza Mandela na Bujjubunton n’inde ukomeye cyane ?.

Bamwe bavuze ko ubu Bujjubunton nta muhanzi woroheje wapfa kujya kubonana nawe ngo bikunde kuko ubu abamaze gukora gahunda yo kujya kubonana nawe harimo ba Kim Kardashian ,Nick Minaj ,Jay Z ,Nas ,Rihana abahanzi bakomeye cyane bati rero Bobi Wine aracyarusha Bebe Cool iccyubahiro no gukomera.

Bavuagag bati Bebe Cool kubonana na Mandela ntago ariwe wishyuye tike y’indege ngo bagiye kubonana ahubwo ni MTN yari yateye inkunga icyo gikorwa cyarimo Bebe Cool babonana gutyo ari kumwe n’abandi bahanzi barasuhuzanya gutyo gusa ariko Bobi Wine we icyo yakoze kirarenze ku buryo yahawe n’ubwenegihugu bwa Jamaica.

Muhungu John-Kampala

3,525 total views, 1 views today

About author

Related Articles

Leave a reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

This site uses Akismet to reduce spam. Learn how your comment data is processed.