Me Ntaganda Bernald yirukanywe burundu mu Ishyaka PS Imberakuri yatangije
— May 22, 2016
Please enter banners and links.

Me Ntaganda Bernald watangije Ishyaka PS Imberakuri igice yari asigaranye nacyo bamwirukanye burundu nkuko tubikesha umwanditsi w’iryo Shyaka ndetse akaba n’umuvugizi waryo Mwizerwa Slivie .
Kuwa 22 Gicurasi 2016 nibwo Mwizerwa yashyize itangazo rigenewe abanyamakuru ku rukuta rwe rwa facebook ribamenyesha ibyemezo byafatiwe Me Ntaganda Bernald watangije Ishyaka PS Imberakuri ndetse wafunzwe imyaka 4 kubera iryo Shyaka ubu akaba yamaze kwirukanwa burundu.
Iri Shyaka ryagiye rivugwamo ibibazo bitandukanye aho bamwe bashinja abandi kunyereza imitungo y’Ishyaka ,abandi bakiyitirira iryo Shyaka ariko nkuko igice kimwe cyatwawe na Mukabunani Christine ndetse aricyo cyanditse cyemewe n’amategeko abandi bakaba batemewe.


Ibumoso Mwizerwa watangaje ko Ishyaka ryafashe icyemezo cyo kwirukana Me Ntaganda Bernald uri iburyo
Mubyo Mwizerwa yavuze abarwanashya bakoze inama bakigaho harimo ko Me Ntaganda arangwa n’igitugu ,gutetesha bamwe mu bayoboke b’Ishyaka ,gushyiraho inzego mu buryo butarimo Demokarasi ,gucunga nabi umutungo w’Ishyaka ,kwivanga mu nshingano z’abandi ,gusuzugura no gutuka inzego z’Ishyaka n’ibindi byinshi ,zari ingingo zirenga 10 arizo bashingiyeho bafata umwanzuro wo kumwirukana burundu.
Ikinyamakuru Umusingi cyashatse kubaza Me Ntaganda kuri Telephone ye igendanwa icyo avuga ku cyemezo cyamufatiwe nk’umuntu watangije Ishyaka PS Imberakuri akaba yirukanywe bwa 2 icyo abivugaho ariko ntibyadukundira.Ikinyamakuru Umusingi cyashatse na Mukabunani kumubaza abakiyitirira Ishyaka rye icyo abitekerezaho kuko nawe asa nkaho yabivuyeho kuko ntabikorwa by’iryo Shyaka bikigaragara ndetse akaba yarigeze kuvuga ko abiyitirira Ishyaka agiye kubatwara mu Nkiko ariko hashize igihe kirekire abivuze ariko nta kirakorwa.
Iyi nkuru tuzayikomeza tumaze kubavugisha impande zose.
Ubwanditsi
2,739 total views, 1 views today

BYAKOMEYE UMUHUNGU WA HABYARIMANA YAHUYE NA TSISHISEKEDI ARASHAKA GUKURAHO KAGAME, KAYUMBA MURI CONGO
Abanzi b’u Rwanda bakomeje ibikorwa byo kurusebya mu Burayi bitwaje imyigaragambyo
AMASO ARARYA INDA IGASONZA KURI NOHELI AMASO YAWE YEREKE IBYIZA,UKWEYE KUREBA ABA BAKOBWA BEZA WASHAKA GUPFA
Amateka y’Umukecuru wabanye n’Umwami Kigeli V akabana na Gen Fred Rwigema na Perezida Kagame ari mu batangije ishuri ry’Umuco
Itohoza :Abanyarwanda baba mu mahanga bakomeje gusebya Leta y’u Rwanda bitwikiriye politiki n’uburenganzira bwa muntu
Mukakarangwa Francisca na Batamuriza Esther baratabaza Perezida Kagame, Ya mitego Bamporiki yavuze igeze muri RCA aho umuyobozi wayo yateze abantu 12 ashaka ko bajya Mageragere gufungwa barengana.
Uzi ahantu 8 ku mubiri w’umugabo wakora muri mu cyumba ukamuvugisha Igishinwa atarakize?
Umugabo wanjye yankuye kuburiri arara arongora mushikiwe
Biravugwa ko bamwe mu banyarwanda bari barashoye imari muri Uganda byabakomeranye bagiye kujyanwa mu Nkiko kubera imitungo
Leave a reply