Nyahatare: Umusirikare biravugwa ko yaguye mu mpanuka agiye kwerekana iwabo umukobwa bendaga kurushingana
— January 13, 2019
Please enter banners and links.

Ku gicamunsi cyo kuri uyu wa 12 Mutarama 2019, mu karere ka Nyagatare habereye impanuka y’imodoka yarenze umuhanda igahitana ubuzima bw’umugabo umwe, wari umusirikare mu Ngabo z’u Rwanda ufite ipeti rya Lieutenant.
Iyi mpanuka yabereye mu Kagari ka Rutakara mu Murenge wa Nyagatare ubwo imodoka ya Toyota RAV 4 yari itwaye abantu batandatu bagiye mu bukwe, yarengaga umuhanda.
Abari muri iyo modoka bose bakomeretse bajyanwe ku bitaro bya Nyagatare ari naho umwe yaguye, undi wakomeretse cyane ajyanwa ku bitaro bya Gisirikare bya Kanombe aho ari kwitabwaho n’abaganga.
Umuvugizi w’ishami rya Polisi rishinzwe umutekano wo mu muhanda, SSP Jean Marie Vianney Ndushabandi yabwiye itangazamakuru ko iyi mpanuka yahitanye ubuzima bw’umuntu umwe wari utwaye imodoka mu gihe abandi bajyanywe mu bitaro.
Yagize ati “Usibye uwari uyitwaye witabye Imana, abandi baracyari kwa muganga bari gukurikiranwa.”
SSP Ndushabandi yakomeje asaba abatwara imodoka kujya bubahiriza amategeko y’umuhanda.


Ati “Ubutumwa ni uko abantu bagerageza kubahiriza umuvuduko ntibiringire umuhanda uko uteye n’imodoka baba batwaye. Ntawe ukwiriye kurenza 80km/h mu cyaro.”
Yakomeje avuga ko hakomeje gukorwa iperereza ngo hamenyekane niba koko iyi mpanuka yatewe n’umuvuduko cyangwa indi mpamvu yihariye.
Hari amashusho n’amajwi Ikinyamakuru Umusingi gifite agaragaza uwitabye Imana atwaye imodoka ari kumwe n’abo yari atwaye bizihiwe bacuranga indirimbo ya The Ben nshyashya yitwa Fine girl.
4,831 total views, 1 views today

BYAKOMEYE UMUHUNGU WA HABYARIMANA YAHUYE NA TSISHISEKEDI ARASHAKA GUKURAHO KAGAME, KAYUMBA MURI CONGO
Abanzi b’u Rwanda bakomeje ibikorwa byo kurusebya mu Burayi bitwaje imyigaragambyo
AMASO ARARYA INDA IGASONZA KURI NOHELI AMASO YAWE YEREKE IBYIZA,UKWEYE KUREBA ABA BAKOBWA BEZA WASHAKA GUPFA
Amateka y’Umukecuru wabanye n’Umwami Kigeli V akabana na Gen Fred Rwigema na Perezida Kagame ari mu batangije ishuri ry’Umuco
Itohoza :Abanyarwanda baba mu mahanga bakomeje gusebya Leta y’u Rwanda bitwikiriye politiki n’uburenganzira bwa muntu
Uzi ahantu 8 ku mubiri w’umugabo wakora muri mu cyumba ukamuvugisha Igishinwa atarakize?
Uburyo ibiciro by’ingendo mu gihugu hose biteye nyuma yo kuzamurwa na RURA
Shangazi:Umugabo nyamugabo igira igitsinda kireshya gute?
Umugabo wanjye yankuye kuburiri arara arongora mushikiwe
Isimbi Noeline uzwiho kwifotoza yambaye ubusa yongeye gutungura abantu asohora andi mafoto nyuma y’igihe atavugwa mu itangazamakuru
Leave a reply