umu amakuru- Umwaka wa 2019 utangiye nabi mu Rwanda ,byari amarira n’agahinda mu gusezeraho bwa nyuma Alexia Mupende wishwe atewe icyuma mu ijosi-AMAFOTO | Umusingi

Umwaka wa 2019 utangiye nabi mu Rwanda ,byari amarira n’agahinda mu gusezeraho bwa nyuma Alexia Mupende wishwe atewe icyuma mu ijosi-AMAFOTO

Please enter banners and links.

Umunyamideli Alexia Mupende wari ufite izina rikomeye mu Rwanda mu kumurika imideri, yasezeweho bwa nyuma mu muhango waranzwe n’amarira n’agahinda ku nshuti, abavandimwe, abo babanye, abo bakoranye n’abandi bazirikana urukundo rwinshi rwaranze uyu mukobwa mu gihe yari amaze ku Isi.

Kuya 08 Mutarama 2019 ni bwo Umunyamideli Alexia Uwera Mupende yiciwe mu rugo rw’iwabo i Kanombe mu karere ka Kicukiro mu Mujyi wa Kigali, inkuru y’urupfu rwe yashenguye benshi babanye nawe. Bikekwa ko yishwe n’umukozi wakoraga mu rugo iwabo, ndetse hari amakuru avuga ko yamwishe amaze kumufata ku ngufu. Kugeza n’ubu, Inzego z’umutekano zivuga ko zitarafata uwamwishe. 

Uretse Mupende urupfu rwe rwababaje abantu benshi ku isi ,urundi rupfu kugeza ubu usanga abantu bose barwibazaho n’urupfu rwa Dr.Byamungu wakoze impanuka ikamuhitana n’urubyaro rwe rwose ariko umugore we akarokoka ,abo nabo bakaba barashyinguwe ejo ndetse ejo hakaba harabaye impanuka y’umusirikare mu Karere ka Nyagatare ariyo mpamvu bivugwa ko uyu mwaka wa 2019 utangiye nabi.

 

 

4,823 total views, 1 views today

About author

Related Articles

Leave a reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

This site uses Akismet to reduce spam. Learn how your comment data is processed.