Umuhanzi Jackie Chandiru wakoranye indirimbo na Urban Boyz yagarutse muri muzika nyuma yo kubura igihe kirekire kubera ibiyobyabwenge
— January 4, 2019
Please enter banners and links.

Umuhanzi wari ukunzwe cyane muri Uganda witwa Jackie Chandiru wakoranye indirimbo na Urban Boyz yitwa Take it off amaze igihe abantu benshi baramubuze batazi aho aherereye ariko akaba yari yararwaye asigaje ibyumweru 2 kugirango apfe kubera gukoresha ibiyobyabwenge.
Ubu nibwo yagarutse mu itangazamakuru akavuga imishinga ye ndetse mu minsi mike akaba agiye gusohora indirimbo yise MI ORA KU mu rurimi rw’iwabo kuko akomoka mu bwoko bwitwa Abalugwara ,indirimbo ye rero ikaba isobanuye ngo ntugire ikibazo.

Jackie Chandiru yavuze ko afite imishinga myinshi kandi agarutse yarakize kuko amaze igihe mu bitaro byita ku bantu bakoresha ibiyobyabwenge akaba amaze imyaka irenga 3 avurwa ariko ubu akaba avuga ko yakize neza ariko akaba afite abantu bari hafi kugirango adasubira mu biyobyabwenge byari bimuhitanye.
Jackie4 Chandiru umuhanzi waririmbanaga mu itsinda rimwe na Cindy ndetse na Liliane Mbabazi akaba yaravuze ko yigeze kugira impanuka agira ikibazo cy’umugongo muganga amwandikira imiti ,iyo miti ikaba ariyo yatumye kubera kuyikoresha cyane yumva ariyo yahora akoresha buri munsi nta kindi yakora atayikoresheje.
Yavuze ko ataryaga ndetse ku buryo yananutse cyane agejeje hafi yo gupfa nibwo bamujya mu bitaro bishinzwe kuvura abakoresha ibiyobyabwenge baramuvura ubu akaba yagarutse mu muziki we ndetse yamaze gukora indirimbo twavuze haruguru.Akaba yifuza gukorana n’abantu bose ku isi bamuha akazi ,gucuranga mu bitaramo cyangwa ibindi birori .
3,109 total views, 1 views today

Misiyo rukokoma yo kwica Perezida Museveni no kuroga abayobozi bakomeye muri Leta (Vidiyo)
INKUBIRI Y’IMYIGARAGAMBYO Y’ABATAVUGARUMWE NA LETA Y’URWANDA IKOMEJE GUFATA INDI NTERA
Kuki Perezida Kahame akivuga kuri Gen Kayumba Nyamwasa nyuma y’imyaka 16 yarahunze Igihugu?(Reba Video)
Umunyamakuru akaba n’umuhanzi YAGO wahungiye muri Uganda yasabye imbabazi umuvugizi wa RIB
Umukozi wa ABASIRWA INNOC Bahati afatanije na Visi Perezida Muhizi barashaka kwiba Ishyirahamwe, Ibikoresho byo byamaze kwibwa(RIB) Nitabare
Uzi ahantu 8 ku mubiri w’umugabo wakora muri mu cyumba ukamuvugisha Igishinwa atarakize?
Umugabo wanjye yankuye kuburiri arara arongora mushikiwe
Shangazi:Umugabo nyamugabo igira igitsinda kireshya gute?
Leave a reply