Umuhanzi Jackie Chandiru wakoranye indirimbo na Urban Boyz yagarutse muri muzika nyuma yo kubura igihe kirekire kubera ibiyobyabwenge
— January 4, 2019
Please enter banners and links.

Umuhanzi wari ukunzwe cyane muri Uganda witwa Jackie Chandiru wakoranye indirimbo na Urban Boyz yitwa Take it off amaze igihe abantu benshi baramubuze batazi aho aherereye ariko akaba yari yararwaye asigaje ibyumweru 2 kugirango apfe kubera gukoresha ibiyobyabwenge.
Ubu nibwo yagarutse mu itangazamakuru akavuga imishinga ye ndetse mu minsi mike akaba agiye gusohora indirimbo yise MI ORA KU mu rurimi rw’iwabo kuko akomoka mu bwoko bwitwa Abalugwara ,indirimbo ye rero ikaba isobanuye ngo ntugire ikibazo.

Jackie Chandiru yavuze ko afite imishinga myinshi kandi agarutse yarakize kuko amaze igihe mu bitaro byita ku bantu bakoresha ibiyobyabwenge akaba amaze imyaka irenga 3 avurwa ariko ubu akaba avuga ko yakize neza ariko akaba afite abantu bari hafi kugirango adasubira mu biyobyabwenge byari bimuhitanye.
Jackie4 Chandiru umuhanzi waririmbanaga mu itsinda rimwe na Cindy ndetse na Liliane Mbabazi akaba yaravuze ko yigeze kugira impanuka agira ikibazo cy’umugongo muganga amwandikira imiti ,iyo miti ikaba ariyo yatumye kubera kuyikoresha cyane yumva ariyo yahora akoresha buri munsi nta kindi yakora atayikoresheje.
Yavuze ko ataryaga ndetse ku buryo yananutse cyane agejeje hafi yo gupfa nibwo bamujya mu bitaro bishinzwe kuvura abakoresha ibiyobyabwenge baramuvura ubu akaba yagarutse mu muziki we ndetse yamaze gukora indirimbo twavuze haruguru.Akaba yifuza gukorana n’abantu bose ku isi bamuha akazi ,gucuranga mu bitaramo cyangwa ibindi birori .
3,025 total views, 1 views today

BYAKOMEYE UMUHUNGU WA HABYARIMANA YAHUYE NA TSISHISEKEDI ARASHAKA GUKURAHO KAGAME, KAYUMBA MURI CONGO
Abanzi b’u Rwanda bakomeje ibikorwa byo kurusebya mu Burayi bitwaje imyigaragambyo
AMASO ARARYA INDA IGASONZA KURI NOHELI AMASO YAWE YEREKE IBYIZA,UKWEYE KUREBA ABA BAKOBWA BEZA WASHAKA GUPFA
Amateka y’Umukecuru wabanye n’Umwami Kigeli V akabana na Gen Fred Rwigema na Perezida Kagame ari mu batangije ishuri ry’Umuco
Itohoza :Abanyarwanda baba mu mahanga bakomeje gusebya Leta y’u Rwanda bitwikiriye politiki n’uburenganzira bwa muntu
Uzi ahantu 8 ku mubiri w’umugabo wakora muri mu cyumba ukamuvugisha Igishinwa atarakize?
Shangazi:Umugabo nyamugabo igira igitsinda kireshya gute?
Uburyo ibiciro by’ingendo mu gihugu hose biteye nyuma yo kuzamurwa na RURA
Umugabo wanjye yankuye kuburiri arara arongora mushikiwe
Leave a reply