umu amakuru- Abasore 2 barwaniraga umwana buri umwe amwita uwe nyina w’umwana yababwiye ko nta n’umwe se w’umwana inama y’abaturage yigaga kuri iki kibazo barumirwa | Umusingi

Abasore 2 barwaniraga umwana buri umwe amwita uwe nyina w’umwana yababwiye ko nta n’umwe se w’umwana inama y’abaturage yigaga kuri iki kibazo barumirwa

Please enter banners and links.

Abasore 2 barwaniraga umwana buri umwe amwita we byarangiye nyina w’umwana ababwiye ko bose nta n’umwe se w’umwana ahubwo se w’umwana n’undi mugabo.

Ibi byabereye mu gihugu cya Uganda ahitwa Wakiso aho umugabo witwa Christopher Bamwenyana ni se w’umukobwa ubyara umwana abasore barwanira akaba yabobonye abasore bashobora kwicana buri umwe ashaka umwana we ahitamo guhamagaza inama y’abaturage kugirango umufashe gukemura icyo kibazo.Betty Nansimbi niwe nyina w’umwana abasore 2 Franscis Konde na Micheal Kitumba barwanira .

Muri iyo nama impande zombi zari zihari abasore baherekejwe n’ababyeyi babo hanyuma abaturage bahata ibibazo Betty Nansimbi ahita avuga ko muri bombi nta n’umwe ise w’umwana uhari ahubwo umwana afite ise wundi.

Ise w’umukobwa ari kumwe n’umukobwa we

Umwe mu basore barwanira umwana avuga ko ari uwe

Undi musore ari kumwe na nyina

Nyina w’umwana

Abaturage bari mu nama

Hano se yarimo kumukubita inshyi ku matama kubera ishyano yakoze

Betty yahise avuga ko aba basore yabifashishaga kugirango bamuhe amafaranga yo gutunga umwana we mu gihe yajyaga ku muhungu umwe akamarayo icyumweru akavayo akajya ku wundi musore naho akamarayo icyumweru.

Ise wa Betty yagize umujinya mu nama ahita akubita inshyi umukobwa we amubwira ko amuteje isoni mu baturanyi be ko ibyo akoze ari ishyano kandi yajyaga abona umwe muri abo basore ariwe wita ku mwana none akaba yumiwe kumva umukobwa we avuga ko umwana afite ise wundi.

Bamwe mu baturage bavuze ko ikiza ari uko bajya gupima amaraso kugirango urujijo rushire kuko inama yarangiye umukobwa yisubiyeho umwana amuha umwe muri abo basore kandi uwamureze akiri muto niwe bamwatse bamuha undi maze abaturage bati ibyo babonye n’ishyano.

Bamwe mu babyeyi ndetse n’abaturage bari muri iyo nama bagaye cyane abakobwa bakurikira ibintu bagakora amahano ko uwo ari umuco mubi kuko bateza ibibazo mu miryango ko bakwiye kubicikaho.

3,900 total views, 3 views today

About author

Related Articles

Leave a reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

This site uses Akismet to reduce spam. Learn how your comment data is processed.