umu amakuru- Impamvu yamenyekanye igitaramo cya Bobi Wine cyahagaritswe icya Bebe Cool bahanganye kikaba. | Umusingi

Impamvu yamenyekanye igitaramo cya Bobi Wine cyahagaritswe icya Bebe Cool bahanganye kikaba.

Please enter banners and links.

Muri Uganda haravugwa intambara ikomeye cyane  hagati yábahanzi 2 Bobi Wine na Bebe Cool kuko umwe ari ku ruhande rudashyigikiye Leta undi akaba ari ku ruhande rushyigikiye Leta.

Umunsi w’ejo Kuwa 26 Ukuboza 2018 númunsi wizihizwa ku isi yose witwa Boxing Day ,umuhanzi Bobi Wine amaze imyaka irenga 10 kuri uwo munsi akora igitaramo akabonamo amafaranga menshi ariko umunsi w’ejo polisi yahagaritse igitaramo cye ivuga ko atubahirije ibisabwa.

Kuri uwo munsi undi muhanzi witwa Bebe Cool umaze imyaka myinshi ahanganye na Bobi Wine akaba nawe yarakoze igitaramo ndetse na Perezida Museveni akaba yaracyamamaje kubera ko Museveni akoresha uyu muhanzi mu nyungu ze za Politike.

Abantu batandukanye barimo kwamagana igikorwa cya Polisi yakoze cyo kubuza Bobi Wine gukora igitaramo cye asanzwe akora bakaba bamuhombeje amafaranga menshi cyane.

Chamilion hagati Bebe Cool na Bobi Wine

Frank Gashumba yavuze ko ibyo Bebe Cool yakoze ari bibi cyane kuko Perezida Museveni kwamamaza igitaramo cye akabuza undi gukora igitaramo ari icyasha yishyizeho abantu bagiye kumwanga imyaka nímyaka núbwo Museveni azaba atakiri ku butegetsi bizamugiraho ingaruka númuryango we.

Dr.Kiiza Besigye wahoze ari Perezida w’Ishyaka ritavuga rumwe na Leta ya Museveni yavuze ko ibyakorewe Bobi Wine bitemewe n’amategeko ariko ntibiteza kurangira kandi Bobi Wine amenye ko niba yarinjiye muri Politike ubucuruzi bwe yibagirwe ko azabukomeza kuko bazakora buryo ki bamukenesha.

Dr.Kiiza Besigye yavuze ko nawe yahuye níbibazo byinshi ahitamo kudakora ubucuruzi muri Uganda ati “Nta na kiyosike ngira muri Kampala uzakabona azagatwike”.

Mama Fina númuganga gakondo akaba ari we uhagarariye abapfumu bose muri Uganda akaba ari umuntu uzwi cyane wúmukire akaba yari yitabiriye igitaramo cya Bebe Cool yise Mutima Gwa Zaabu ,uyu mugore akaba yavuze ko ashaka ko bamwemerera agahuza aba bahanzi bahora bahanganye bahangayikishije igihugu amakimbirane bafitanye agashira ndetse yongera na Chamilion nkuko batangiye ari 3.

Bebe Cool avuga ko amaze amezi 3 adakora ibitaramo ariko Bobi Wine abujijwe rimwe abanyamakuru bakigize ikibazo gikomeye aho yabwiye abanyamakuru ati kuki ibibazo mu mbaza mutajya mubibazo Bobi Wine?njye mwumva abana banjye batungwa níki?.

Impamvu ivugwa yatumye Bobi Wine abuzwa gukora igitaramo cye hari abavuga ko Leta yashakaga gushyigikira Bebe Cool kugirango abone abantu benshi yunguke amafaranga menshi batinya ko abantu benshi bari kujya kwa Bobi Wine Busabala Bebe Cool agahomba.

Inteko ishingamategeko ya Uganda ikaba yari yemereye Bobi Wine gukora ibitaramo bye nyuma yúko Leta yari yaramuhagaritse kutazongera gukora ibitaramo muri Uganda ibintu byatumye abategura ibitaramo bahaguruka bakamagana icyo gikorwa cya Leta kuko ibahombeje bari barashyizemo amafaranga menshi cyane mu bitaramo bya Bobi Wine.

 

3,679 total views, 1 views today

About author

Related Articles

Leave a reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

This site uses Akismet to reduce spam. Learn how your comment data is processed.