umu amakuru- yakubise abantu 2 Remera bikomeye ariko ntibapfa | Umusingi

yakubise abantu 2 Remera bikomeye ariko ntibapfa

Please enter banners and links.

Kuri uyu wa 19 Ukuboza 2018 ahagana mu masaha ya saa sita z’amanywa haguye imvura nyinshi mu bice bya Remera muri Gasabo humvikanamo inkuba ikaba yakubise abasore 2.

Amakuru tugikurikirana ni uko abo basore bari bugamye ahantu hafi ya Stade Amahoro ariho yabakubitiye ibajugunya mu muferege w’amazi ndetse ibababura mu gituza bikomeye.

Umwe mu barebaga inkuba ibakubita utashatse ko amazina ye tuyatangaza yavuze ko umwe mu bakubiswe n’inkuba yahise ajyanwa mu bitaro bya Kibagabaga undi ajyanwa mu bitaro byegereye polisi ya Remera ariko bameze nabi nkuko abivuga.

Abantu bibazaga uburyo imvura yaguye ari nyinshi cyane mu gihe gito igahita kandi yarimo urubura rwinshi ku buryo bavuga ko wagirango ntinererano kuko yaguye mu gihe gito ihita irekeraho.Inkuru turacyayikurikirana kugirango tubagezeho abakubiswe n’inkuba uko bameze n’icyo ubuyobozi buri bubivugeho byose turimo kubikurikirana.

3,176 total views, 1 views today

About author

Related Articles

Leave a reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

This site uses Akismet to reduce spam. Learn how your comment data is processed.