umu amakuru- Miss Uganda Quiin Abenakyo yazamuye idarapo mu bihugu byinshi ku isi ahesha isheme igihugu cye aba uwa 3 ku isi mu bwiza | Umusingi

Miss Uganda Quiin Abenakyo yazamuye idarapo mu bihugu byinshi ku isi ahesha isheme igihugu cye aba uwa 3 ku isi mu bwiza

Please enter banners and links.

Abantu baribaza uburyo Quiin Abenakyo Nyampinga (Miss Uganda)yabaye uwa 3 ku Isi mu bwiza akarusha u Rwanda ruzwi ku Isi yose ko arirwo rugira abakobwa beza ,Quiin Abenakyo n’umukobwa mwiza ukomoka muri Busoga ,nabo bagira abakobwa beza kimwe n’andi moko yo muri icyo gihugu nka Teso ,Kalamajongo ,Abagisu ba Mbale n’andi moko nka Abahima ,Abakiga ariko Quiin imwe mu mpamvu ikomeye yatumye agera mu myanya ya mbere ntago ari ubwiza gusa asanzwe ari umuhanga kuko no gutoranya Miss World n’ubuhanga barabureba n’ubwiza.

Iri ni irushanwa ryasojwe umunsi w’ejo kuwa gatandatu tariki 8 Ukuboza 2018 ahitwa SANYA, China n’uRwanda rukaba rwari ruhagarariwe na Miss Rwanda 2018 Iradukunda Liliane ariko akaba yaravuyemo rugikubita.

Miss Uganda akaba yagizwe Miss World Africa akaba yatsinzwe n’umukobwa ukomoka muri Mixico witwa Vanessa Ponce de Leon ariwe wabaye Miss World.

Uyu mukobwa Quiin Abenakyo ajya gukomeza muri 5 ba mbere bose babazwaga imishinga bakora baramutse batsindiye kuba Nyampinga w’Isi (Miss World) maze avuga inkuru y’umwaka w’umukobwa w’imyaka 12 wapfushije ababyeyi be akajya kuba kwa sekuru ariko mu buzima bugoranye sekuru akaba ariwe umutera inda ati “dukukwiye kwishimira abo turibo nk’abagore twese turi hano tugafasha n’abandi bakobwa bato kunyura mu bibazo bikomeye byo kubyara bakiri bato kuko nabo bakeneye kwiga no kubaho mu buzima bwiza”.

Abari bitabiriye ibyo birori byo gutoranyamo 5 ba mbere bumvise umushinga w’uyu mukobwa wo kurwanya gutera inda abana babakobwa bakiri bato cyane cyane mu Majyaruguru y’igihugu cya Uganda avuga ko ariho bikabije.

Mu Rwanda naho hari ikibazo gikomeye cy’Abangavu baterwa inda bakiri bato iyo Miss Rwanda Iradukunda Liliane awuvuga neza wenda aba yarakomeje akaba ariwe wabaye uwa 3 watwawe na Quiin Abenakyo.

Ariko nawe ntitwamurenganya wenda amahirwe ntiyamuhiriye cyangwa n’ururimi nkuko bikunda kuvugwa n’abantu ko Icyongereza gikunda kugora Abanyarwanda mu marushanwa atandukanye ndetse no kudasoma cyane ibitabo n’amakuru atandukanye ahubwo usanga akenshi urubyiruko ruhora kuri Facebook na Whatsapp na Instagram bakibagirwa gusoma.

Ikindi bakwiye kwimenyereza ni ukuvuga ururimi rw’Icyongereza bari muri Boot Camp ,ibyo bigishwa byose bakabyiga mu Cyongereza n’ikinyarwanda gicye kuko cyo basanzwe bakizi ibyo bikazabafasha kujya batsinda amarushanwa akomeye nkaya ya Miss World.

Abakemura Mpaka (Judges)

 

6,798 total views, 1 views today

About author

Related Articles

Leave a reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

This site uses Akismet to reduce spam. Learn how your comment data is processed.