umu amakuru- Impamvu Perezida Kagame atazitabira irahira rya mushuti we Museveni wa Uganda | Umusingi

KagamneImpamvu Perezida Kagame atazitabira irahira rya mushuti we Museveni wa Uganda

Please enter banners and links.

Kagamne

Perezida Kagame yagombaga kwitabira irahira rya mushuti we wa Uganda Museveni ariko amakuru avuga ko atakitabiriye irahira rya Museveni riteganyijwe Kuwa 12 Gicurasi 2016.

Ikinyamakuru Daily monitor cyo muri Uganda dukesha iyi nkuru  cyanditse kivuga ko Perezida Kagame atakitabiriye irahira rya Museveni kubera inama mpuzamahanga ku bijyanye n’ubukungu iteganyijwe kubera mu Rwanda (World Economic Forum)izatangira Kuwa 11 igasozwa kuwa 13 Gicurasi 2016 bikaba bivugwa ko Perezida Kagame atasiga abashyitsi bazitabira inama ikomeye ku bukungu bw’igihugu.

Minisitiri muri Perezidansi ya Uganda witwa Frank Tumwebaze yatangarije itangazamakuru ko irahira rya Perezida Museveni rizitabirwa n’abandi ba Perezida 14 barimo Perezida wa Zimbabwe ,Africa y’Epfo ,  Lesotho, South Sudan, Tanzania, Mali, Togo, Chad, Equatorial Guinea, Ethiopia, Swaziland, China, Nigeria na Russian Federation.

Abandi 2 bari abaperezida nabo batumiwe kwitabira irahira rya Museveni aribo Ali Hassan Mwinyi wa  Tanzania na  Mwai Kibaki wa Kenya .

Kagamne

Ibihugu bizohereza abahagarariye ibihugu byabo harimo Rwanda, India, Japan, Germany n’abashyitsi bazaturuka East African Community nkuko bikomeza gutangazwa na Tumwebaze.

Perezida Kagame na Museveni bigeze gukorana mu gisirikare cya NRA ,mu ntambara yakuragaho ubutegetsi bwa Obote mu mwaka wi 1980-1986 Museveni ajya kubutegetsi.

Perezida Kagame yaje kuba umukuru w’iperereza mu gisirikare cya Uganda ,yaje kujya guhugurwa ibya gisirikare muri America nkuko Monitor ikomeza ibivuga nyuma mu mwaka wi 1990 ayobora urugamba rwo kubohora igihugu cye aho yazamutse akaba Perezida w’u Rwanda.

Museveni irahira rye riteganyijwe kubera ahitwa Kololo Airstrip aho biteganyijwe ko umuhango uzatangira saa moya za mugitondo Perezida Museveni n’umugore we Janet Museveni bakazahagera saa yine zuzuye.Uyu muhango kandi uzitabirwa n’abayobozi b’Uturere ,abayobozi b’amadini ,abacuruzi bose hamwe bagera kuri 117 .

Komisiyo y’amatora muri Uganda ikaba yaratangaje ko Museveni ariwe watsinze abo yahataniraga nabo umwanya wo kuyobora igihugu ku majwi 60.8% naho Dr Kizza Besigye, abona 35.4%.

Gatera Stanley

3,052 total views, 1 views today

About author

Related Articles

Leave a reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

This site uses Akismet to reduce spam. Learn how your comment data is processed.