umu amakuru-    Ese Leta yarahombye muri CHAN ?Miliyari 16 rwashoye rugakuramo Miliyoni 200 | Umusingi

Uwacu-696x463    Ese Leta yarahombye muri CHAN ?Miliyari 16 rwashoye rugakuramo Miliyoni 200

Please enter banners and links.

Uwacu-696x463

 

 

Ikinyamakuru Umusingi nyuma yo kumva ikiganiro n’abanyamakuru Minisitiri w’umuco na siporo mu Rwanda Julienne Uwacu ,Ikinyamakuru Umusingi cyakoze isesengura gisanga u Rwanda rutarahombye nkuko itangazamakuru ritandukanye ryabivuze.

Isesengura buri umwe ntiyarishobora bisaba ubuhanga niyo mpamvu Ikinyamakuru Umusingi kibakorera isesengura ry’ubuhanga utasanga ahandi.

Mu byukuri uwumvise ko u Rwanda rwashoye Miliyari 16 mu myiteguro ya CHAN rugakuramo Miliyoni 200 wakumva ko rwahombye ariko icyo isesengura rimaze rikwereka aho rwinjirije amafaranga atarabazwe  kuko habazwe amafaranga yinjiye ku bibuga byose byakinirwagaho.

uwacu_j

Minisitiri Uwacu mu kiganiro n’abanyamakuru

 

Aho Ikinyamakuru Umusingi kivugira ko u Rwanda rutahombye ni uko ufashe urugero rwa hafi utubari two mu Migina amafaranga twinjije n’imenshi ,ayo ntiyabazwe.

Imodoka zagatwaraga abantu ayo yose n’amafaranga yinjiraga ,n’inyungu ku gihugu ,abamotari barakoze barinjiza ,Hotels zarinjije ,ibyo abanyamakuru babikozeho inkuru ,indaya zarinjije izo zose ntizibarwa mu byo Minisitiri Uwacu yavuze.

Byonyine kuba u Rwanda rwarateguye CHAN ikagenda neza ,nta mvururu ,n’iikimenyetso ko n’ubutaha CHAN nta mpungenge yakorwa neza mu Rwanda.

Hari ikintu mu cyongereza bita Long Investments inyungu ntago uyibona ako kanya ,utangira kuyibona nyuma y’imyaka myinshi mbona n’u Rwanda aricyo rwakoze.

Mwabonye ukuntu abana b’u Rwanda ukuntu bakina umupira mwiza n’ubwo batatwaye igikombe ariko ugereranije bakinnye neza ndetse bibafasha kumenya gukina amarushanwa akomeye nka CHAN bari batamenyereye.

Izindi nyungu abantu batareba ,kubera ko abakinnyi babanyarwanda bitwaye neza ,bagakina neza bamwe batangiye kubyungukiramo bagurwa kujya gukina mu mahanga twavuga nka Jacque Tuyisenge yahise ajya gukina mu gihugu cya Kenya ,ibyo byose n’inyungu zigihugu ndetse z’abaturage.

Abakora isesengura ni ukwitonda kuko ushobora kumvisha abantu ko u Rwanda rwahombye ukaba uhaye abantu amakuru atariyo kuko inyungu wowe utazibonye ako kanya ariko ziza nyuma y’igihe runaka nkuko nabivuze haruguru.

Kimwe njye mbona cyahinduka mu mitegurire y’amarushanwa nkariya akomeye igihugu kijye cyemerera abakinnyi agahimbazamusyi gakomeye ku buryo buri umwe yitanga mu kibuga 100%.

Ndabyemera ko  bitanga ariko burya bakwemereye amafaranga menshi cyangwa imodoka nziza byanze bikunze ntago wakina nk’umuntu ukina aziko ntacyo ari bubone ,kubera ishema ry’igihugu niyo Leta yakunguka gacye cyane ariko byibuze bikajya mu mateka ko u Rwanda rwatwaye CHAN .

Gatera Stanley

2,782 total views, 1 views today

About author

Related Articles

Leave a reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

This site uses Akismet to reduce spam. Learn how your comment data is processed.