umu amakuru-    Dr Rose Mukankomeje afunguwe by’agateganyo | Umusingi

dr._mukankomeje    Dr Rose Mukankomeje afunguwe by’agateganyo

Please enter banners and links.

dr._mukankomeje

 

 

Kuri uyu wa 14 Mata 2016 Urukiko Rukuru rumaze gusoma imyanzuro ku ifungwa n’ifungurwa ry’agateganyo rya Dr Rose Mukankomeje, umuyobozi mukuru w’Ikigo cy’Igihugu cy’Ibidukikije (REMA)uherutse gufungwa .

Umucamanza ategetse ko Dr Mukankomeje afungurwa by’agateganyo kuko kumufungura ntacyo byahungabanya. Ubushinjacyaha bwari bwasabye ko afungwa iminsi 30 y’agateganyo.

Kuwa 1 Mata 2016, Urukiko Rwisumbuye rwa Nyarugenge rwari rwategetse ko afungwa iminsi 30 y’agateganyo, akaba arekuwe n’Urukukiko Rukuru yari yajuririye.

Umucamanza avuga ko ibyo Dr Mukankomeje aregwa bishingiye ku magambo yavuze, kandi ayo magambo ubushinjacyaha bukaba bufite ijwi rye ayavuga, bityo akaba adashobora kugira icyo ayahinduraho aramutse arekuwe.

1365982172Rose-Mukankomeje1

Dr Mukankomeje akurikiranyweho ibyaha bitatu birimo icy’ubufatanyacyaha mu kumena amabanga y’akazi, gusebya inzego za Leta no gusibanganya ibimenyetso nkuko polisi yabitangaje ubwo yafatwaga .Ifungwa rye n’ubwo arekuwe rikaba ryari ritaravuzweho rumwe aho bamwe bibazaga aho ahurira n’abayobozi b’Akarere ka Rutsiro .

Muhungu John

 

2,934 total views, 1 views today

About author

Related Articles

Leave a reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

This site uses Akismet to reduce spam. Learn how your comment data is processed.