
Abajura 2 bambaye nk’Abamasera bibye Miliyoni 2 muri Forex Bureau bateye umuti usinziriza
— January 16, 2018
Please enter banners and links.
![]()

Abajura 2 uyu munsi Kuwa 15 Mutarama 2018 mu gihugu cya Kenya mu Mujyi mukuru Nairobi abajura babiri baje biyambitse nk’Abamasera (Nun)binjiye muri Forex Bureau ahavunjirwa amafaranga atandukanye habugenewe baza bavuga ko bashaka Amadorari ya Amerika.
Abababonye bavuze ko baje bavuga ko bafite Amashilingi ya Kenya bashaka kuvunjishamo Amadorari maze abakoze ba Forex Bureau bafungura ahabikwa Amadorari abandi nabo babatera umuti usinziriza bahita biba Miliyoni 2 z’Amashilingi ya Kenya.
CCTV Camera zerekanye abo bajura bavugana n’abavunjayi babiyegereza ku buryo mu kanya gato babasinjirije babateye uburozi bubasinziriza maze biba Miliyoni 2 bahita biruka vuba vuba barasohoka.
Abantu batandukanye batangiye kwibaza uburyo abantu nkabo batekereza kwiyambika nk’Abamasera bagatekereza kujya kwiba aho bavunjira dore ko nta wacyeka ko hari Abamasera batinyuka kujya kwiba.

Abajura baje bambaye gutya
Ibihugu nka Kenya bifite abaturage benshi cyane usanga hari ubujura bukabije ndetse na Uganda na Tanzania ,uretse n’ubujura muri Kenya habayo na Al Shababu ziza zikica abantu cyangwa zikabashimuta ku buryo umutekano waho uba utizewe .
OCPD wa Karen aho ubwo bujura bwabereye witwa Cunningham Suiyanka yavuze ko bafashe umwe mu bakoze ba Forex kugirango ajye gusobanura uko byagenze kubera ko ibyo yabwiraga Polisi bitari bisobanutse ku buryo bamukeka ko yaba afitanye imikoranire n’abajura bibye.
Impamvu Polisi yamufashe ikamuke ni uko abajura bamubwiye ko bafite Amadorari menshi akabakingurira icyumba kirimo Amashilingi menshi ndetse akababwira ngo bamukurikire bikaba aribyo byatumye bamukeka nkuko ikinyamakuru the Kenyans.co.ke kibivuga ari nacyo dukesha iyi nkuru.
Muhungu John
3,305 total views, 1 views today

TURASHAKA KO ABATERA NKUNGA NA LETA BAMENYA AMANYANGA YA INNOC BAHATI WIBYE IMITUNGO YA ABASIRWA
UMURIRO UGIYE KWAKA, FRANK GASHUMBA ATEGETSWE KUTONGERA KWITA UMWANA WE RWABUGIRI
KARABAYE NONEHO MUSEVENI AZANYE AMAJWI Y’ABAPFUMU KADAGA YARAGIYE KUMUROGA NA GEN SALEH NA MUHOOZI(Vedio)
BYAKOMEYE UMUHUNGU WA HABYARIMANA YAHUYE NA TSISHISEKEDI ARASHAKA GUKURAHO KAGAME, KAYUMBA MURI CONGO
Abanzi b’u Rwanda bakomeje ibikorwa byo kurusebya mu Burayi bitwaje imyigaragambyo
Shangazi:Umugabo nyamugabo igira igitsinda kireshya gute?
Uzi ahantu 8 ku mubiri w’umugabo wakora muri mu cyumba ukamuvugisha Igishinwa atarakize?
Umugabo wanjye yankuye kuburiri arara arongora mushikiwe
Reba aya amafoto meza 44 utazapfa utayarebye uburyo agaragaza ubunya Afurika bw’umwimerere
Leave a reply