umu amakuru- Amayobera ku rupfu rw’Umunya-Canada wasanzwe muri hoteli Okapi yapfuye | Umusingi

Amayobera ku rupfu rw’Umunya-Canada wasanzwe muri hoteli Okapi yapfuye

Please enter banners and links.

Amayobera ku rupfu rw’umugabo ufite ubwenegihugu bwa Canada witwa Vicash Chandra Mishra uri mu kigero cy’imyaka 60, yasanzwe yapfiriye muri Hotel Okapi iherereye ku Muhima mu Karere ka Nyarugenge, ku wa 2 Mutarama 2018.

Umuvugizi wa Polisi y’u Rwanda mu Mujyi wa Kigali, SP. Hitayezu Emmanuel, yabwiye bimwe mu bitangazamakuru  ko bamenye iby’urupfu rw’uyu mugabo ariko ko amakuru arambuye aza kuyatangaza mu kanya katarambiranye.

Ati “Ni Umunya-Canada ariko nta makuru ndabifatishaho neza.”

Amakuru avuga ko uwo mugabo yatangiye gucumbika muri Hotel Okapi guhera muri Mutarama 2017.

Kuri uyu wa Kabiri, uwo mugabo ngo yiriwe nta kibazo afite, nyuma aza kumva amerewe nabi, atumiza umuti muri Pharmacy, ku gicamunsi abakozi b’isuku ba hoteli bamusanga mu cyumba yashizemo umwuka.

Umuyobozi Mukuru wa Hotel Okapi, Egide Ruzindana, yabwiye bimwe mu binyamakuru  ko ari umuntu wari umaze igihe hano. Ati Ejo saa tatu yari muzima, umukozi yamushyiriye ifunguro rya mu gitondo baraganira, aza gusubirayo mu ma saa munani, amushyiriye icupa ry’amazi asanga yapfuye.

Abajijwe ku bijyanye n’uko hari umukozi wa hoteli nyakwigendera yatumye umuti muri Pharmacy, Ruzindana yasubije ati “Ibyo nibyo, yari amaze igihe hano, buri wese agira uwo yisanzuraho. Yabwiye uwo mukozi ko yumva ababara mu rutugu, ko ashobora kuba yaryamye nabi, amutuma umuti (Pomade). Nta bundi burwayi twari tumuziho.”

Yongeye ati “Ntawe barwanye, ntiyahubutse ku ibaraza, ari nayo mpamvu nyine twabihariye Polisi. Yego ntiwabihamya kuko nta bizamini bya muganga, ariko icyo benshi bemezaga ni uko yagize ikibazo cy’umutima.”

Yakomeje asobanura ko umukozi yinjiye mu cyumba cye, agasanga yarambitse indorerwamo ze hafi, yafunguye amazi yari agiye gukaraba, aryamye hasi kandi nta gikomere na kimwe afite, bagahita bamenyesha Polisi.

Uyu mugabo bivugwa ko yari yaratandukanye n’umugore we ariko abana be baba muri Canada.

Nomero ya Passport ye yatangiwe muri Canada ni HGO 02431. Umurambo w’uyu mugabo wajyanywe mu bitaro by’Akarere ka Gasabo biri Kacyiru.

 

 

 

2,759 total views, 1 views today

About author

Related Articles

Leave a reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

This site uses Akismet to reduce spam. Learn how your comment data is processed.