umu amakuru- Abagore bareze abagabo babo babicisha inyota y’urukundo rwo mu cyumba bigatuma basambana hanze | Umusingi

Abagore bareze abagabo babo babicisha inyota y’urukundo rwo mu cyumba bigatuma basambana hanze

Please enter banners and links.

Mu gihugu cya Uganda ahitwa Gombe muri Wakiso bareze abagabo babo kubatera umugongo n’injoro baryamye bakabicisha inyota y’urukundo rwo mucyumba bigatuma babaca inyuma bagasambana.

Ibi byabereye mu nama y’umutekano yateguwe n’uyobora Polisi ya Matugga, ASP Brigthon Steven Kirya yari igamije kureba uburyo hafatwa ingamba zo kugabanya intambara zo mu mago.

Polisi ivuga ko isanga intambara zo mu mago ziyongera ubwinshi umunsi ku wundi ndetse zigateza ibibazo ku b’abana ku buryo abana bamw basigwa mu ngo hakabura ubitaho.

Polisi ivuga koi maze kwakira ibirego byinshi abashakanye bashinjanya ubusambanyimaze abagore bahita babwira Polisi ko abagabo babo bakabije kubatera umugongo iyo baryamye bakabicisha inyota y’urukundo bigatuma basambana hanze.

Cissy Nalukenge umwe mu bagore bari muri iyo nama yavuze ko abagabo babo bakabije kutabaha urukundo rwo mucyumba kandi nabo aria bantu bagira ubushake bwo gukora imibonano mpuzabitsina ati “iyo bataduhaye urwo rukundo kandi tuba tubishaka natwe duhitamo gushaka undi kuruhande uguha ibyishimo”.

Cissy Nalukenge yakomeje avuga ko abagabo baba bafite abagore iyo kuruhande bakagaruka murugo bamaze kuryamana nabo batashaka gukora ku mugore wo mu rugo n’abagore bikabarakaza bakajya gusambana hanze.

Abagabo bo bavuga ko impamvu badaha abagore babo urukundo rwo mu cyumba cyangwa impamvu batabashimisha mu cyumba n’ijoro ari uko abagore babo bafite umwanda.

Umwe mu bagabo wari muri iyo nama witwa Timothy Muwonge mu gusubiza abagore bavuze ko barambiwe abagabo babo babatera umugongo mu buriri ndetse no kubicisha inyota y’urukundo yagize ati “abagore bacu bakabije kugira umwanda kuko hari igihe mugera mucyumba wamukoraho ukumva umubiri urafatira kubera ibyuya batakarabye tugahitamo kwishakira abafite isuku”.

Yakomeje avuga ko hari abagore usanga yambara umwenda umwe iminsi 2 cyangwa 3 atayimeshe bigatuma agira umwanda ndetse bigatuma umugabo atamwitaho nkuko bikwiye kuko ubundi umugore aba agomba kugira isuku kurusha umugabo.

Avuga ko iyo nyota babicisha no kubatera umugongo aribo babyitera kuko ngo bagiye bagira isuku nta kibazo bagirana n’abagore babo kuko abagabo bashimishwa no kubona abagore bagira isuku hose.

 

2,997 total views, 1 views today

About author

Related Articles

Leave a reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

This site uses Akismet to reduce spam. Learn how your comment data is processed.