Perezida Kagame yateguje ingabo undi mwaka utoroshye nyuma yo kuvuga ko gutera u Rwanda uturutse hanze bitoroshye
— December 26, 2017
Please enter banners and links.

Perezida Paul Kagame yabwiye ingabo z’igihugu kwitegura undi mwaka utoroshye mu gucunga umutekano, nk’uko zabigenje mu mwaka urangiye wa 2017.
Perezida Kagame avuga ko kuri iki gihe ku isi no mu karere u Rwanda ruherereyemo, bigeze aho ibibazo by’umutekano bisigaye biza akenshi nta n’integuza.
Abantu batangiye kwibaza impamvu Perezida Kagame yabwiye Ingabo ko zikwiye kwitegura undi mwaka utoroshye nyuma yo kuvuga mu minsi ishize ngo gutera u Rwanda uturutse hanze biragiye .
Hari abaganiriye n’Ikinyamakuru Umusingi batashatse ko amazina yabo atangazwa bibaza niba Perezida ashobora kuba azi amakuru ko hashobora kuba intambara kandi abaturage babona umutekano ari ntamakemwa nkuko yabishimiye Ingabo kuba zaracunze umutekano w’abaturage neza.
Perezida Kagame avuga ko ari yo mpamvu ingabo z’igihugu zikwiye guhora ziri maso kandi zigakorera hamwe, nk’uko yabitangaje ubwo yageneraga ubutumwa busoza umwaka ku ngabo z’igihugu.

Yagize ati “Impera z’umwaka ntago zatworoheye. Nta n’ubwo dukwiye kwitega ko n’umwaka wa 2018 uzaba woroshye.”
Akomeza agira ati “Uko imyaka igenda ishira, isi n’akarere muri rusange bizana n’imbogamizi, ku buryo zimwe na zimwe uba ugomba guhangana na zo nta nteguza. Ibi rero birabasaba guhora mwiteguye kandi muri maso.”
Yavuze ko nubwo bitoroshye kumenya ahazaza, ariko indangagaciro zaranze ingabo z’igihugu ari zo zikwiye gukomeza kuziraga, kugira ngo zizanyuze u Rwanda mu bihe bibi rwaguhura nabyo, nk’uko zarurinze mu myaka yashize.
Yashimye uburyo ingabo ziri mu mahanga mu butumwa bw’amahoro zikomeje guhagararira u Rwanda neza, avuga ko nubwo batashoboye kwizihizanya iminsi mikuru hamwe n’imiryango yabo akazi barimo igihugu kikazirikana.
Ati “Ubwitange bwanyu turabuzirikana. Mwabaye abambasaderi beza b’u Rwanda, muharanira kwerekana indangagaciro zituranga aho muri mu mahanga.”
Yashimye kandi uburyo umutekano w’imbere mu gihugu ari nta makemwa, bitewe n’akazi ingabo zikora mu gutuma abaturage badahungabana.
2,480 total views, 1 views today

BYAKOMEYE UMUHUNGU WA HABYARIMANA YAHUYE NA TSISHISEKEDI ARASHAKA GUKURAHO KAGAME, KAYUMBA MURI CONGO
Abanzi b’u Rwanda bakomeje ibikorwa byo kurusebya mu Burayi bitwaje imyigaragambyo
AMASO ARARYA INDA IGASONZA KURI NOHELI AMASO YAWE YEREKE IBYIZA,UKWEYE KUREBA ABA BAKOBWA BEZA WASHAKA GUPFA
Amateka y’Umukecuru wabanye n’Umwami Kigeli V akabana na Gen Fred Rwigema na Perezida Kagame ari mu batangije ishuri ry’Umuco
Itohoza :Abanyarwanda baba mu mahanga bakomeje gusebya Leta y’u Rwanda bitwikiriye politiki n’uburenganzira bwa muntu
Uzi ahantu 8 ku mubiri w’umugabo wakora muri mu cyumba ukamuvugisha Igishinwa atarakize?
Uburyo ibiciro by’ingendo mu gihugu hose biteye nyuma yo kuzamurwa na RURA
Shangazi:Umugabo nyamugabo igira igitsinda kireshya gute?
Umugabo wanjye yankuye kuburiri arara arongora mushikiwe
Leave a reply