umu amakuru- DR Congo: Inzu ya perezida Kabila yatwitswe n’abantu batazwi irakongoka | Umusingi

DR Congo: Inzu ya perezida Kabila yatwitswe n’abantu batazwi irakongoka

Please enter banners and links.

Kuri uyu wa 25 Ukuboza 2017 hari kuri Noheri ,Inzu ya perezida Joseph Kabila wa Repubulika iharanira Demokarasi ya Congo, yagabweho igitero n’abantu bitwaje ibirwanisho bataramenyekana  basiga bayitwitse irakongoka.

Iyi nkuru dukesha Radio Okapi ndetse yagaragaye no mu binyamakuru bitandukanye  iravuga ko hari ahagana saa kumi za mugitondo kuri uyu wa Mbere, itariki 25 Ukuboza 2017 ubwo inzu ya perezida Kabila iherereye ahitwa Musienene, mu birometero 40 mu majyepfo ya Butembo muri Teritwari ya Lubero  yagabwagaho igitero  n’abantu batamenyekanye bagasiga bayitwitse.

Inzu ya Kabila irimo gushya

Aya makuru akaba yemejwe n’umuyobozi wa teritwari, Joy Bokele, wemeje ko umupolisi wari urinze iyi nzu yishwe n’abakoze ibi bikekwa ko ari inyeshyamba z’umutwe wa Mai-Mai, ndetse hakaba havugwa ko umurambo we watwitswe.

Kimwe mu byaba byateye iki gitero nk’uko amakuru yageraga kuri Radio Butembo avuga, ngo hari ibihuha byavugaga ko iyi nzu ya perezida Kabila yari icumbitsemo abasirikare b’abanyamahanga nubwo bitigeze byemezwa.

Hagati aho, iperereza ryahise ritangira ngo hamenyekane abakoze ibi n’icyo bari bagamije nk’uko abayobozi bakomeje bavuga.

 

 

2,689 total views, 3 views today

About author

Related Articles

Leave a reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

This site uses Akismet to reduce spam. Learn how your comment data is processed.