umu amakuru- Imva y’uwahoze ari umugabo wa Zari yacukuwe n’abantu batazwi bashaka kwiba amafaranga yashyinguranywe | Umusingi

Imva y’uwahoze ari umugabo wa Zari yacukuwe n’abantu batazwi bashaka kwiba amafaranga yashyinguranywe

Please enter banners and links.

Abantu muri Uganda bataramenyekana bateshejwe imva y’uwahoze ari umugabo wa Zari Ivan Ssemwanga bayicukuyeho bashaka gukuramo umurambo we cyangwa gukuramo amafaranga bamushyinguranye.

Abo bantu bari bamaze akanya bacukura imva ya Ssemwanga maze imbwa zibumvise ziramoka bahita biruka.

Bivugwa ko icyatumye bimenyekana n’imbwa zikabamokera ari uko bari bageze kuri za beto none bashaka kuyimena bituma bisakuza imbwa ziramoka n’abo muri uwro rugo batangira gutera induru batabaza bityo abo bantu bariruka.

Ibi byabereye ahitwa Nakaliro muri  Kayunga Town council kuwa 6 Ukuboza 2017.

Hari abantu barimo Zari, Ssenyonjo, Ritah Ssemwanga uyu akaba ari mushiki wa Ivan Ssemwanga niba bahaye gucunga iyi mva bashyiraho abapolisi bo guhora bayirinze.

Abapolisi bivugwa ko bishyuwe igice cy’umushahara wa Miliyoni imwe buri kwezi bageze aho akazi baragahagarika kubera kutishyurwa.

Uwitwa Ahmed Mugalaasi yavuze ko icyatumye abarinzi b’iva ya Ssemwanga ari uko abo bayishinze bose basigaye bibera muri Africa y’Epfo ariko avuga ko bamubwiye ko bazaza bakishyura ideni ryose abaharindaga bishyuza.

Amakuru avuga ko abacukuraga imva bashakagamo amafaranga bamushyinguranye kuko nyakwigendera yabaga mu itsinda ryitwa Rich Gang bafite amafaranga menshi cyane ku buryo iyo batumirwaga mu biroro bitwazaga amafaranga yo kumisha mu bantu ndetse no kumushyingura bayamishije mu mva ye.

2,723 total views, 1 views today

About author

Related Articles

Leave a reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

This site uses Akismet to reduce spam. Learn how your comment data is processed.