umu amakuru-      Perezida Kagame na Magufuli bacanye urumuri rw’icyizere | Umusingi

Mag kaga      Perezida Kagame na Magufuli bacanye urumuri rw’icyizere

Please enter banners and links.

Mag kaga

 

 

 

Kuri uyu wa 7 Mata 2016 Perezida Kagame ari kumwe na Perezida wa Tanzania, Dr Pombe Magufuli bacanye urumuri rw’icyizere mu gutangiza iminsi 100 yo kwibuka Jenoside yakorewe Abatutsi ku nshuro ya 22.

Ni umuhango wabereye ku rwibutso rwa Jenoside rwa Kigali ku Gisozi aharuhukiye imibiri y’abazize Jenoside yakorewe Abatutsi irenga ibihumbi 250.

‘Twibuke Jenoside yakorewe Abatutsi, turwanya ingengabitekerezo ya Jenoside’, niyo nsanganyamatsiko y’uyu mwaka wa 2016.

Umunyamabanga Nshingwabikorwa wa Komisiyo y’Igihugu ishinzwe kurwanya Jenoside, Dr Jean Damascene Bizimana, yavuze ko ingengabitekerezo ya Jenoside yagejejwe mu Rwanda mu gihe cy’Abakoloni aho babigaragaje mu 1922 ubwo bandikaga mu ndangamuntu amoko: Hutu, Tutsi, Twa.

img_8875

img_8867

img_9211

img_8793-2

img_8810

img_8938

Yakomeje asobanura ko ingengabitekerezo yakomeje ikimakazwa n’ubutegetsi bwa Habyarimana bikaganisha kuri Jenoside aho Abatutsi barenga miliyoni bishwe bazira uko bavutse.

Dr Bizimana yakomeje avuga kandi ko abasanisha Jenoside n’ihanurwa y’indege y’uwari Perezida w’u Rwanda icyo gihe ari ‘amatakirangoyi akwirakwizwa n’abakoze Jenoside bafite ikimwaro ko batsinzwe.’

Ibarura ryakozwe na Minisiteri y’Ubutegetsi bw’Igihugu muri 2002 ryagaragaje ko abantu bashoboye kumenyekana bishwe muri Jenoside yakorewe Abatutsi ari miliyoni imwe n’ibihumbi mirongo irindwi na bine na cumi na barindwi (1.074.017) . Ubu bushakashatsi bwerekana amazina y’abishwe, aho bari batuye, imyaka bari bafite n’uburyo bishwe.

U Budage bwashimiwe

Dr Jean Damascene Bizimana yashimye ibihugu bikomeje kugira uruhare mu kugeza mu butabera abasize bahekuye u Rwanda, aho yacyeje by’umwihariko u Budage kuba buherutse gukatira ibihano  Ignace Murwanashyaka na Straton Musoni.

Yanenze kandi ibihugu nk’u Bufaransa bikomeje kwinangira byanga kwemera uruhare rwabyo muri Jenoside yakorewe Abatutsi  gusa avuga ko icyiza ari uko Abanyarwanda bajijutse ubu bazi ukuri kw’ibyabaye.

Ati “Ibihugu bimwe nk’u Bufaransa ntibirashyikiriza ubutabera abakoze Jenoside yakorewe Abatutsi,bigomba kubikora nabyo.”

Perezida Magufuli akaba ari uruzinduko yagiriye mu Rwanda aho yifuje we n’umufasha we ko bifatanya n’Abanyarwanda mu kwibuka Jenoside yakorewe Abatutsi mu 1994 ,Kwibuka ku nshuro ya 22.

Ubwanditsi

 

2,776 total views, 1 views today

About author

Related Articles

Leave a reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

This site uses Akismet to reduce spam. Learn how your comment data is processed.