umu amakuru- Kamonyi: Umugabo yishe murumuna we amukubise icupa ku mutima bapfuye amasambu | Umusingi

Kamonyi: Umugabo yishe murumuna we amukubise icupa ku mutima bapfuye amasambu

Please enter banners and links.

Kuri uyu wa 24 Ukwakira 2017 Umugabo witwa Havugimana Vincent wo mu Kagali ka Gihara Umurenge wa Runda Akarere ka Kammonyi yishe murumuna we witwa Gasimba Simon amukubise icupa ku mutima. Intandaro y’ubu bwicanyi ikaba ari ibibazo by’amasambu aba bavandimwe bari bamaranye igihe bafitanye.

Ku mugoroba wo kuri uyu wa Mbere nibwo aba bavandimwe bavuganye nabi ubwo bari mu kabari basangira inzoga maze batangira kurwana, nibwo Havugimana yaje gufata icupa arikubita murumuna we Gasimba mu mutima yikubita hasi ahita apfa.

Umuvugizi wa Polisi y’u Rwanda mu Ntara y’Amajyepfo IP Emmanuel Kayigi, yavuze  ko uyu Havugimana akimara kwica murumuna we yahise atoroka ubu akaba agishakishwa n’inzego zishinwe umutekano zifatanyije n’abaturage.

Yagizez ati “ Ku mugoroba wo kuri uyu wa mbere. nibwo Havugimana Vincent yishe murumuna we Gasimba Simon amukubise icupa mu mutima bapfuye ibibazo by’amasambu, maze ahita atoroka.”

IP Kayigi yavuze ko ubu bwicanyi bwabaye ubwo bari mu kabari barimo gusangira, maze baza kuvugana nabi bararwana Havugimana amukubita icupa ahita yikubitahasi arapfa .

IP Kayigi yanavuzez ko amakimbirane muri uyu muryango w’abantu 10 yatangiye ubwo Se ubabyara yamaraga gupfa, kuva ubwo hatangira kumvikana umwuka mubi kubera amasambu y’umuryango.

Yakomeje avuga ko hakiri gukorwa iperereza kugira ngo bamenye amakuru yimbitse kuri urwo rupfu no gushakisha uwo ukekwaho kwica umuvandimwe we kugira ngo akurikiranwe.

 

 

2,835 total views, 1 views today

About author

Related Articles

Leave a reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

This site uses Akismet to reduce spam. Learn how your comment data is processed.