umu amakuru- Abahanzi bo muri Uganda Radio na Weseal batandukanye umwe akora itsinda rishya | Umusingi

Abahanzi bo muri Uganda Radio na Weseal batandukanye umwe akora itsinda rishya

Please enter banners and links.

Abahanzi 2  bigeze gukundwa cyane mu Rwanda na Uganda bagize itsinda rya good lyfe Radio na Weseal ubu bamaze gutandukana Radio akora itsinda rye aryita Angel Music.

Amakuru aturuka Makindye aho aba ahanzi batuye avuga ko Moze Radio amaze iminsi abwira inshuti ze ko yatangiye itsinda rye ryitwa Angel Music bikaba byatumye Weseal arara amajoro adasinziriye kubera atazashobora guhangana ku isoko adafite undi bafatanya.

Aba bahanzi bafite igitaramo gikomeye gisoza uyu mwaka bateganya gukora mu kwezi gutaha ariko Moze Radio akaba yarabwiye zimwe mu nshuti ze zitangaje aya makuru ko yababwiye ko nyuma y’igitaramo bateguye cyo kwizihiza imyaka 10 bamaranye bise (10years Of Radio&Weasal’)ibintu bizahinduka bishatse kuvuga ko azatangira kuririmba ku giti cye dore ko yabigerageje agasanga azabishobora.

Uyu muhanzi afite indirimbo ze zo yagaerageje ari wenyine nk’iyitwa Neera Neera,Nkwagala Nnnyo ndetse zakunzwe cyane bivuze ko uyu muhanzi igitekerezo cyo gushaka gukora muzika wenyine akimaranye igihe.

Andi makuru avuga ko hari ikigo gikora umuziki muri Nigeria kitwa G World Entertainment gishaka gusinya uyu muhanzi kugirango kimutere inkunga ajye acyamamariza ariko uyu muhanzi Radio akaba atarasinya amasezerano kuko ashaka ko kibasinyisha bombi.

Noella

 

3,607 total views, 1 views today

About author

Related Articles

Leave a reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

This site uses Akismet to reduce spam. Learn how your comment data is processed.