Kayonza: abahinzi baratakambira Leta ngo batarandurirwa inyanya zihinzi kuri hegitari 50
— March 28, 2016
Please enter banners and links.

Abahinzi bo mu murenge wa Murundi akarere ka Kayonza, barasaba ubuvugizi mu nzego zitandukanye, kutarandurirwa imyaka igizwe n’inyanya, kuko aho bahinzi hatemewe ko ahubwo hagenewe ubworozi.
Aba bahinzi bishyize hamwe bagakodesha amasambu y’aborozi bakahakorera umushinga wo guhinga inyanya mu gihe cy’imyaka ibiri, ngo bameneshejwe n’ubuyobozi ko inyanya zabo zigiye kurandurwa kuko bahinze ahantu hatemwe.
Aba bahinzi bakaba batakamba cyane, kuko ngo baramutse baranduriwe imyaka, bahagirira ibihombo byinshi kuko bamaze kuhashora amafaranga menshi arimo n’inguzanyo za banki. Ikindi ngo nuko abaturage bahahombera cyane, kuko benshi bari bahafite imirimo ihoraho.

Aba bahinzi bakavuga ko bahawe imsinsi 18 uhereye tariki ya 08/03/2016, ko imyaka yabo igaomba kuba yamaze gukurwa aho yahinzwe, bitaba ibyo ikarandurwa.
Kagarama Emile, ni umwe muri aba bahinzi, avuga ko bibabaje cyane kubona abantu bafata icyemezo cyo gushora imari mu gihugu cyabo, ariko ibyo bakoze ntibihabwe agaciro, ati “rwose turabyemera ko twahinze ahagombaga gushyirwa urwuri rw’inka, ariko nibaduhe igihe gihagije dusarure, rwose nta muntu uzongera guhingamo, ariko ntibadushyire muri ibi bihombo”.
Mukagasana Bonifrida, nawe n’umuhinzi, avuga ko uyu mushinga bakoze wari ufitiye akamaro kanini abanyarwanda ndetse n’igihugu muri rusange, agasaba ko ibirimo kuba byakoranwa ubushishozi, kuko kurandura iyi myaka byakwangiza ubuzima bwa benshi.
Twagerageje kuvugana n’umunyabanga nshingwabikorwa w’uyu murenge wa Murundi kuri terefone ye igendanwa, ariko ntiyabasha kwitaba.
Ku tariki ya 10/03/2016, aba bahinzi, bakaba barandikiye ibaruwa minisiteri y’ubuhinzi n’ubworozi, basaba kurengenurwa muri iki kibazo, bavuga ko bakwihanganirwa imyaka yabo ikabanza ikera bagasarura, ubundi ntibazagarukemo.
Bamwe bavuga ko abayobozi bakwiye kujya bihanganira abaturage mu gihe hari ibikorwa biba byarakozwe byashowemo amafaranga menshi hakirindwa gukoresha abaturage ibihombo bikomeye .
Muhungu John
3,041 total views, 3 views today

BYAKOMEYE UMUHUNGU WA HABYARIMANA YAHUYE NA TSISHISEKEDI ARASHAKA GUKURAHO KAGAME, KAYUMBA MURI CONGO
Abanzi b’u Rwanda bakomeje ibikorwa byo kurusebya mu Burayi bitwaje imyigaragambyo
AMASO ARARYA INDA IGASONZA KURI NOHELI AMASO YAWE YEREKE IBYIZA,UKWEYE KUREBA ABA BAKOBWA BEZA WASHAKA GUPFA
Amateka y’Umukecuru wabanye n’Umwami Kigeli V akabana na Gen Fred Rwigema na Perezida Kagame ari mu batangije ishuri ry’Umuco
Itohoza :Abanyarwanda baba mu mahanga bakomeje gusebya Leta y’u Rwanda bitwikiriye politiki n’uburenganzira bwa muntu
Mukakarangwa Francisca na Batamuriza Esther baratabaza Perezida Kagame, Ya mitego Bamporiki yavuze igeze muri RCA aho umuyobozi wayo yateze abantu 12 ashaka ko bajya Mageragere gufungwa barengana.
Uzi ahantu 8 ku mubiri w’umugabo wakora muri mu cyumba ukamuvugisha Igishinwa atarakize?
Umugabo wanjye yankuye kuburiri arara arongora mushikiwe
Shangazi:Umugabo nyamugabo igira igitsinda kireshya gute?
Leave a reply