umu amakuru- Charly na Nina ubwo bahuraga na Perezida Museveni yabahaye ibahasha bayigira ibanga | Umusingi

Charly na Nina ubwo bahuraga na Perezida Museveni yabahaye ibahasha bayigira ibanga

Please enter banners and links.

Abahanzi Charly na Nina bakunzwe cyane kubera ubuhanga bwabo mu ndirimbo zabo ndetse bagakundwa kubera ubwiza bwabo bakaba bavuye mu gihugu cya Uganda mu bukwe muri iki cyumweru bahuriyemo na Perezida Museveni akabasuhuza ndetse akabaha ibahasha arimo Amafaranga.

Birazwi ko uwari we wese uhuye na Perezida Museveni batatandukana atamuhaye ibahasha arimo amafaranga ,ibyo n’ibintu bimaze kumeywa ku isi yose ko Museveni atajya agenda atazitwaje nyinshi zirimo amafaranga.

Ikinyamakuru Umusingi Kuwa 2 Nzeri 2017 cyavuganye n’umuhanzi Umuhoza Nina niba ubwo bahuraga na Perezida wa Uganda Yoweri K.Museveni atarabahaye ibahasha maze agira ati “yarayiduhaye”.

Aba bakobwa bitewe n’ubwiza bwabo Abagande barabarebaga ukabona buri mugabo wese yifuzaho umwe ku buryo hari n’uwavuze ati na Perezida Museveni wabonaga abasuhuza ukuboka adashaka kukurekura cyane cyane yageze kuri Nina ashaka kwifotoranya nawe areba muri camera kugirango amuryeho umwungara.

Aba bakobwa bakaba bamaze gutera intambwe nziza muri muzika uwavuga ko ubu mu Rwanda aribo bakunzwe yaba adakabije.

Indirimbo zabo zirakundwa cyane ndetse bakaba baherutse gusohora iyitwa Mfata ubu irimo kubica kubera uburyo ibyinitse,bakaba bafite n’izindi nka Indoro,Yolo,Face to face n’izindi nyinshi.

2,897 total views, 1 views today

About author

Related Articles

Leave a reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

This site uses Akismet to reduce spam. Learn how your comment data is processed.